• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Côte d’Ivoire: Umugabo yazamuye uburakari muri rubanda ubwo yerekanaga uko yafataga abagore ku ngufu

Umwanditsi
September 1, 2021

Televiziyo yo muri Côte d’Ivoire yasabye imbabazi nyuma y’ikiganiro cy’umugabo uvugwa ho ko yafataga abagore ku ngufu. Uyu mugabo, yagaragaye kuri iyi Televiziyo arimo kwerekana uko yabigenzaga yifashishije ikibumbano (mannequin). Ntabwo byarangiye gutyo gusa kuko n’umunyamakuru wakoze iki kiganiro yahagaritswe.

Umunyamakuru wakoraga iki kiganiro, yagaragaye aseka cyane mu gihe yafashaga uyu mugabo kuryamisha hasi icyo kibumbano. Nyuma y’aho, uyu mugabo yasabwe gutanga impanuro/inama ku bagore z’uburyo bashobora kwirinda gufatwa ku ngufu.

Abantu bangana na 30.000 nkuko BBC ibitangaza, bateye igikumu/umukono ku rwandiko rusaba ko icyo kiganiro gihagarikwa kuri iyo televiziyo yigenga, Nouvelle Chaîne Ivoirienne (NCI).

Minisitiri ufite mu nshingano ze ibibazo by’abagore, Nassénéba Touré ari mu bateye igikumu bavuga ko ikiganiro cyerekanywe ku wa mbere kinyuranije na gahunda z’iki gihugu zo kurwanya ingeso yo gufata abagore ku ngufu.

Umunyamakuru, Yves de M’Bella, yasabye imbabazi nyuma y’iki kiganiro cyerekanywe mu masaha y’igihe haba hari abantu benshi bakurikira televiziyo. Gusaba imbabazi kwe ntabwo byabujije abamukuriye kumuhagarika by’agateganyo. Ubuyobozi bw’iki gitangazamakuru, buvuga ko bwiyemeje kubahiriza uburenganzira bwa muntu, cyane cyane ubw’abagore.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga