• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Lt Gen Muhoozi ahamya ko nta guhirika ubutegetsi-Coup d’Etat bishoboka muri Uganda

Umwanditsi
September 16, 2021

Umuhungu w’umukuru w’igihu cya Uganda, Yoweri Museveni, avuga ko igisirikare cy’icyo gihugu byagitwara umunsi umwe gusa mu guhashya abagerageza guhirika ubutegetsi nkuko byagendekeye Perezida wa Guinea Alpha Condé.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, asanzwe ari umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, mu butumwa yanditse kuri twitter, yavuze ko abasirikare bagumutse “bashyirwa ku murongo”.

Muri ubwo butumwa nkuko BBC ibitangaza, yashyizemo n’ifoto ya Col Mamady Doumbuya, umusirikare wayoboye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Guinea.

Mu cyumweru gishize, Perezida Museveni yahamagariye abahiritse ubutegetsi muri Guinea “kuvaho”, avuga ko ibyo bakoze ari “ugutera intambwe inyuma”.

Yabwiye igitangazamakuru France 24 ati “byarakorwaga mu myaka 1960 – byari mu bigize ibibazo bya Afrika rero uko guhirika ubutegetsi ndabyamaganye”.

Alpha Condé – Perezida wa Guinea yari muri manda ya gatatu, yahiritswe ku butegetsi tariki 5 z’uku kwezi kwa Nzeri n’abasirikare bagize urwego kabuhariwe, bamushinja ubutegetsi bubi na ruswa.

Iryo hirikwa ry’ubutegetsi ryamaganiwe kure n’ibihugu byo mu burengerazuba bwa Afrika, ariko abanya Guinea benshi berekanye ko bashyigikiye gukurwaho k’uwo mukuru w’igihugu w’imyaka 83, ariko bagasaba igisirikare kugarukana ubutegetsi bw’igisivile.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga