• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Dr Ugirashebuja Emmanuel yagizwe Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda

Umwanditsi
September 17, 2021

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Kagame Paul kuri uyu wa 17 Nzeri 2021, yashyizeho Dr Ugirashebuja Emmanuel kuba Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa nkuru ya Leta, umwanya asimbuyeho Busingye Josthon wahamagariwe indi mirimo.

Itangazo rishyira Dr Ugirashebuja ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutabera, akaba n’intumwa nkuru ya Leta, ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Ngirente Edouard.

Uwo Dr Minisitiri Ugirashebuja asimbuye kuri uyu mwanya, Busingye Johnston aherutse guhabwa guhagarira u Rwanda mu gihugu cy’u Bwongereza. Ni impunduka muri Gurerinoma zakozwe ku wa 31 Kanama 2021 nyuma y’inama y’Abaminisitiri yari yateranye iyobowe na Perezida Kagame Paul.

Mu mirimo myinshi yagiye akora, Dr Ugirashebuja, agizwe Minisitiri w’Ubutabera nyuma y’igihe gito avuye ku mwanya w Perezida w’Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(EACJ). Ni Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko kuko yavukiye i Nairobi mu 1976. Yabaye kandi umuyobozi w’ishuri ry’amategeko muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda. Yabaye Umujyanama mu by’Amategeko muri Komisiyo ishinzwe kuvugurura Itegeko Nshinga hagati ya 2001-2003. Yanabaye umunyamuryango w’Inama Nkuru y’Ubucamanza n’Inama Nkuru y’Ubushinjacyaha.

Mu mwaka wa 2009 yagizwe Umujyanama mu by’Amategeko mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibidukikije. Mu 2010-2011, yabaye umwarimu muri Kaminuza nkuru y’u Rwanda, iya Edinburgh n’iya Dar es Salaam. Yigishije kandi mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ndetse n’irya Polisi mu Rwanda riri i Musanze.

Mu Ugushyingo 2013, Dr Ugirashebuja yagizwe Umucamanza muri EACJ mu Rwego rw’Ubujurire [EACJCourt Appellate Division]. Nyuma y’umwaka umwe, mu 2014 yabaye Perezida wa Kane wa EACJ, umwanya yamazeho imyaka irindwi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga