• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Amajyepfo: Guverineri Kayitesi asanga nta nganda zikwiye kuba ziri mu ngo z’abaturage

Umwanditsi
October 1, 2021

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice avuga ko hari inganda zimaze gusaba gukorera mu byanya by’inganda byashyizweho hagamijwe guha agaciro ibikomoka k’ubuhinzi n’ubworozi. Ku rundi ruhande, aributsa ko nta ruganda rukwiye gukorera mu ngo kuko byabangamira imiturire y’abaturage. Ibi yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru cyahuje abayobozi b’uturere n’intara ku cyicaro cyayo i Nyanza kuri uyu wa 30 Nzeri 2021.

Guverineri Kayitesi avuga kuri izi nganda, yavuze ko ubusanzwe mu turere twa Muhanga na Huye hari ibyanya by’inganda byihariye, ariko anongeraho ko no mu tundi turere hagiye hashyirwaho ibice byakwifashishwa hagashyirwa ho ibikorwa bitandukanye byo gufasha abahinzi borozi gutunganyirizwa umusaruro wabo. Yongeraho ko nta ruganda rukwiye kujya mu ngo kuko byabangamira imiturire yabo.

Yagize ati” Nibyo koko hari abakora inganda ziciriritse bakazishyira ahatemewe mu ngo zikaba zishobora kubangamira imiturire y’abaturage, ariko mu turere twa Muhanga na Huye ho hari ibyanya bigari by’inganda ariko no mu tundi turere hashyizweho ibice (Economic zone) byo gufasha abashaka gushinga inganda ntoya batari muri ya mijyi,  aho hari ibyanya byazo byihariye. Ibi byakozwe hagamijwe kongerera agaciro umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi ndetse hari inganda zatangiye gukora n’izindi zigishaka ibyangombwa”.

Yongeraho ko ahagaragara iki kibazo cyuko hari abashinga inganda aho zitemewe, nubwo baba bashaka gufasha abaturage ariko nabo bikabungura, ubuyobozi bw’Intara ngo buzakomeza gukorana n’uturere kugirango ahari ikibazo babe bagirwa inama nuko babikora bitabangamiye imiturire, nibyo bakora bifashe ahashinze urwo ruganda, ariko kandi bashishikarizwa kujya ahashyizwe ibyanya by’inganda bakava ahatemewe.

Intara y’amajyepfo imaze kugira inganda zikora zisaga 18 ariko inyinshi muri izi zitunganya umusaruro ukomoka mu buhinzi, hakaza uruganda rukora imyenda, urukora amasafuriya zombi ziherereye mu karere ka Muhanga, hakiyongeraho uruganda rugiye gutangira gukora insinga z’amashanyarazi muri Nyanza ndetse n’uruganda rugiye gusoza imirimo y’ubwubatsi ariko rwatangiye gutanga Megawati 40 kuri 80 (80 MW) ruzatanga amashanyarazi akomoka kuri Nyiramugengeri ruherereye mu karere ka Gisagara.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga