• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
20/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
20/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
20/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Kamonyi: Hatangijwe imikino mu mashuri, basabwa ko Siporo iba umuco, banahabwa umukoro

Umwanditsi
December 6, 2021

Kuri iki cyumweru tariki 05 Ukuboza 2021 mu karere ka Kamonyi hatangijwe imikino mu mashuri ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo. Abayitabiriye by’umwihariko abanyeshuri,  basabwe kuyigira umuco. Bakanguriwe kandi kwamagana inda ziterwa abangavu n’ihohoterwa iryo ariryo ryose.

Mu butumwa bw’Umuyobozi w’Intara y’amajyepfo bwatanzwe na Meya w’Akarere ka Kamonyi kuko Guverineri atari ahari, yasabye abazitabira aya marushanwa guhatana bashaka intsinzi, ariko kandi abasaba ko siporo ikwiye kuba umuco ndetse kandi abantu bakibuka ko bagomba kwamagana abatera abangavu inda n’ihohoterwa ryose aho riva rikagera.

Yagize ati” Ndagirango mbibutse ko abazitabira aya marushanwa bose bagomba guhatana bagashaka intsinzi, ariko tukanabigira umuco ndetse tugafatanya n’inzego tukanamagana abatera inda abangavu, tukabarinda ihohoterwa ryose bakorerwa kuko rituma batagera ku ntego zabo”.

Dr Nahayo Sylvere, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, avuga ko gukora siporo aribwo buryo bwiza bwo kubungabunga ubuzima, ko bityo buri wese asabwa gukomeza kuzirikana ko imyitozo ngororamubiri ari ingirakamaro ku mibereho ya buri muntu.

Yagize ati” Nibyo, gukora siporo nibwo buryo bwiza bwo kubungabunga ubuzima. Twese turasabwa ko twakomeza kuzirikana ko imyitozo ngororamubiri ari ingirakamaro ku mibereho ya buri muntu kuko hari indwara zitandura turwara kubera kudakora siporo”.

Akomeza avuga ko imikino y’amashuri izafasha kuzamura impano z’abanyeshuri bazaba bigaragaje bakazamura urwego bakaba “baduhesha ishema biturutse kuko bazaba bitwaye. Turabatuma guhangana mushaka intsinzi mukaduhesha ishema”.

Iyi mikino y’amashuri yatangijwe mu ntara y’amajyefo ikubiyemo; umupira w’amaguru n’imikino y’amaboko n’imikino Ngororamubiri yose izakinwa mu gihembwe cya 2.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga