• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Paris: Muhayimana yatakambiye urukiko mbere yuko rujya kwiherera ngo rutangaze igihano ahawe

Umwanditsi
December 16, 2021

Mu gihe urubanza rwa Muhayimana Claude uregwa ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, rubera mu rukiko rwa rubanda i Paris mu Gihugu cy’u Bufaransa rusatira umusozo warwo, mbere yuko abagize inteko iburanisha bajyaga kwiherera ngo bafate umwanzuro, uregwa yatakambye, asaba abacamanza ko bakwishyira mu mwanya we mu 1994.

Kuri uyu munsi wa 19 w’urubanza, umunsi ubanziriza uwa nyuma kuko ruzapfundikirwa kuri uyu wa 17 Ukuboza 2021, Perezida w’urukiko ruburanisha Muhayimana Claude mbere yuko bajya kwiherera, yahaye ijambo uregwa ngo agire icyo avuga, aho mu kuvuga yabaye nk’utakambira urukiko, asaba ko rwaca inkoni izamba.

Mu mvugo Muhayimana yakoresheje, nkuko Umunyamakuru Hakorimana Gratien woherejwe i Paris n’umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro-Pax Press yabitangarije intyoza.com, avuga ko uregwa asa n’uwasabye urukiko guca inkoni izamba, bakishyira mu mwanya we mu 1994.

Avuga ko ahabwa ijambo, Muhayimana yasabye ko mu kumufatira ibyemezo, abacamanza bakwishyira mu mwanya we mu 1994. Ati “ Ari mwe mwari gukora iki”!?. Iyi mvugo yakoresheje, ngo ni nayo mvugo umwunganizi we Me Francoise Marthe ku munsi ubanziriza uyu yakoresheje ubwo yasozaga imyanzuro ye ya nyuma kuri uru rubanza.

Ubwo Muhayimana Claude yamaraga kuvuga amagambo ye, asa n’utakambira urukiko, Perezida w’urukiko mbere yo guhaguruka bajya kwiherera ngo bafate umwanzuro, yamusubije ko “ Ntacyo nagusubiza”. Nta mwanya mu nini washize, ndetse nta bantu benshi bitabiriye nkuko umunsi ubanziriza uyu bitabiriye ndetse urukiko rukuzura.

Nyuma, abaca urubanza( juges et Jurés) bahise berekeza iyo mu mwiherero kugira ngo bafate umwanzuro, aho baza kuvayo batangaza ibyo Muhayimana Claude ashinjwa(ibimuhama), hanyuma bagasubira kwiherera kugira ngo nyuma batangaze ibihano urukiko rumukatiye.

Uko bigenda nkuko umunyamakurru Hakorimana abivuga, Perezida n’abacamanza baba bateguye ibibazo bagenda basubiza mu buryo bw’amatora uhereye ku cya 1. Muri uru rubanza Perezida yavuze ko bafite ibibazo 100. Abamenyereye iby’uru rukiko bavuga ko ibi bibazo bitegurwa na perezida afatanyije n’abandi bacamanza bamwunganira muri uru rubanza.

Urubanza rwa Muhayimana Claude, umunyarwanda w’imyaka 60 y’amavuko ariko unafite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, rurimo kubera mu rukiko rwa rubanda I Paris mu Gihugu cy’u Bufaransa kuva kuwa 22 Ugushyingo kugeza ku wa 17 Ukuboza 2021. Akurikiranyweho ubufatanyacyaha nk’icyitso muri Jenoside yakorewe Abatutsi hamwe n’ibyaha byibasiye inyokomuntu kubera ko yafashije abigambiriye abasirikare n’interahamwe inshuro nyinshi aho yabatwaraga mu modoka akabageza aho bajyaga kwica Abatutsi mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye ku misozi ya Karongi, Gitwa ndetse na Bisesero. Aha Kibuye, ni hamwe mu bice byiswe zone Turquoise, habaga ingabo z’u Bufaransa mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga