• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Rwamagana: DASSO yakubitiwe inyundo mu rugo rw’umuturage bari bagiye gukangurira kwikingiza Covid-19

Umwanditsi
January 26, 2022

Kuri uyu wa Kabiri Tariki 25 Mutarama 2022, mu Mudugudu wa Mugusha, Akagari ka Bwisanga, Umurenge wa Gishari, Akarere ka Rwamagana, ubuyobozi bwagiye mu rugo rw’abantu barenga 10 ku bakangurira kwikingiza Covid-19. Aho kwakirwa neza, Nyiri urugo yeguye inyundo ayikubita mu mutwe DASSO wari kumwe n’aba bayobozi. Abagize uru rugo bose nta n’umwe urakingirwa Covid-19 biturutse ku myemerere yabo y’idini bavuga ko ritabemerera kwikingiza.

Nkuko Radio&TV10 dukesha iyi nkuru ibisobanura, ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana n’inzego bafatanya, bamaze iminsi mu gikorwa cy’ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage batarikingiza kubikora.

Muhinda Augustin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishari, atangaza ko umugabo nyiri uru rugo yahengereye ubwo bari kuganiriza umwe mu bana be ahita azana inyungo “ayikubita DASSO mu mutwe inyuma”.

Gitifu, akomeza avuga ko nyuma y’uko uyu mugabo nyiri urugo akubise DASSO inyundo mu mutwe, mu kumufata, abandi bo muri uru rugo barimo n’umugore we bahise bafata amasuka n’ibiti barwanya izi nzego.

Avuga kandi ko ubwo ibi byabaga, aba bayobozi bagerageje kubaturisha, nyuma bahita bashyikiriza uyu mugabo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB mu gihe uyu mu DASSO wakubiswe inyundo atakomeretse cyane.

Muhinda, avuga ko uyu muryango ujya gusengera mu itorero ryo mu Karere ka Gicumbi kandi ko basanzwe batitabira gahunda za Leta. Ati“ Ni abantu batajya bafata indangamuntu, ntibishyura mituweli. Mbese ni abantu batemera gahunda za Leta, gusa turi kubaganiriza kugira ngo turebe icyo bitanga”.

Photo/internet

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga