• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Muhanga: Hari ababyeyi bahitamo kwihakana abana babo bafatirwa mu buzererezi

Umwanditsi
February 17, 2022

Bamwe mu babyeyi bo mu bice bigize umujyi wa Muhanga, umwe mu mijyi igaragiye umurwa mukuru w’u Rwanda, baravugwaho kwihakana abana babo bafatirwa muri uyu mujyi ari inzererezi. Igisubizo cyo gusubiza aba bana mu miryango yabo bagakurwa mu buzererezi ntabwo kigaragara.

Mu byumweru 2 bishize niho hamenyekanye amakuru yuko hafashwe abana basaga 15 bajyanwa mu kigo cy’inzererezi cya Muhanga giherereye mu murenge wa Muhanga, aho kinyurwamo by’igihe gito mu gihe haba hashakishwa imiryango bakomokamo.  Nyuma yo kubabona, basabwa kuza kubafata nubwo benshi basa n’abatabikozwa.

Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Muhanga Ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Mugabo Gilbert avuga ko bamwe mu bana bagaragara muri uyu mujyi bafashwe bakajyanwa mu kigo cy’inzererezi ndetse hagashakishwa imiryango bakomokamo, ariko ababyeyi babo bakabihakana ndetse bakanga kuza kubatwara.

Yagize ati” Nibyo hagaragara abana benshi mu mujyi wa Muhanga ndetse bamwe twarabafashe tubajyana mu kigo cy’inzererezi ndetse tugashakashaka imiryango bakomokamo, ariko hari ababyeyi bakihakana abana babo ndetse bakanga kuza kubatwara”.

Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Muhanga ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.

Akomeza avugako benshi muri ababa babyeyi yise gito bakwiye kwigaya kuko usanga n’iyo bamenye amakuru y’uko abana babo bafashwe usanga badakurikirana ngo bamenye aho bajyanywe ndetse n’abamenyekanye ngo ugasanga bo ubwabo bahitamo kubareka.

Yagize ati” Aba babyeyi gito bakwiye kwigaya kuko n’iyo bamenye amakuru y’uko abana babo bafashwe n’inzego z’umutekano ntibashobora gukurikirana ngo bamenye aho abana babo bajyanywe ndetse bagatangira gucengana n’inzego zikabashakisha kugirango baze gufata abana babo”.

Yibutsa ko umwana utekanye kandi ubayeho neza ari uwo ababyeyi be batarimo kurwana cyangwa ngo bahore mu makimbirane, ko uwo aguma mu rugo bakamurera neza, naho abahora mu makimbirane usanga abana barambirwa bagahunga, bityo bakisanga mu mijyi bazerera bakarara aho babonye.

Hari umubyeyi wavuganye na intyoza.com, avuga ko afite umwana we wafatiwe mu buzererezi, ko yakubise akarambirwa kubera ko yasanze gukomeza gukubita ari ukwiyicira umwana, ahitamo kumureka. Avuga kandi ko uyu mwana yavuye mu ishuri, ko n’iyo afashwe amureka kuko nawe yaramunaniye.

Yagize ati” Njyewe mfite umwana uhora afatirwa mu buzererezi, naramukubise mbona ntiyumva ahubwo nsanga nshobora kuba ndimo kumuremamo ikindi kintu mpitamo kumureka kuko namukanguriye kwiga yaranze ndamwihorera kuko ntacyo kuramira mbona”.

Bamwe mu bana bagaragara bazerera mu mujyi wa Muhanga.

Abacuruzi bakorera muri uyu mujyi wa Muhanga, bemeza ko ababyeyi ba bano bana hari aho babareka bagakora ibyo bashaka ndetse abandi bakabohereza gusabiriza ku bahisi n’abagenzi. Basaba Leta ko ikwiye kwegera aba bana ndetse n’imiryango yabo bakabganirizwa, bakagirwa inama, by’umwihariko ababyeyi uko bakwiye kurera abo babyaye. Aba bana baracyagaragara ku bwinshi muri uyu mujyi, hakibazwa igisubizo kirambye cyo kubabona bari mu miryango aho kizava.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga