• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Perezida Uhuru Kenyatta yasabye Visi Perezida we, William Ruto kwegura

Umwanditsi
May 2, 2022

Umukuru w’Igihugu cya Kenya, Uhuru Kenyatta, yasabye umwungiriza we, William Ruto, kwegura ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu wungirije mu gihe kutumvikana kwabo gukomeza kwiyongera. Ni mu gihe mu kwezi kwa Munani uyu mwaka muri iki gihugu hateganijwe amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Perezida Kenyatta, ashinja uyu bahoze bafatanije urugamba rwa Politiki, kuba adakora ibikwiye ngo afashe Kenya kwikura mu ngorane z’ubukungu, zirimo no kuba ubuzima buhenze.

Visi Perezida William Ruto, ubwo yasubizaga Perezida Uhuru Kenyatta abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko Leta imaze imyaka ibiri idahurira mu nama, anasa n’uvuga ko yakumiriwe.

William Ruto ariko, arashaka gusimbura Perezida Uhuru Kenyatta, byitezwe ko ava ku butegetsi manda ye ya Kabiri arimo nirangira. Ariko uyu mukuru w’Igihugu cya Kenya, yashyigikiye uwo bahoze ari abakeba, umunye-Politiki ubimazemo igihe ariko atavuga rumwe na Leta, Raila Odinga.

Hari impungenge z’uko ubukeba bwa Politiki bushobora gutuma haba imyiryane mu gihe cy’amatora ari bugufi kuba. Aya matora y’umukuru w’Igihugu muri Kenya nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, akunze kurangwa n’amakimbirane, aho usanga abantu batari bake banahasiga ubuzima.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga