• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Muhanga: Muri RFTC Muhanga baritana ba mwana ku mikorere mibi na ruswa ihanugwanugwa

Umwanditsi
October 8, 2022

Abashoferi batwara imodoka muri Koperative RFTC itwara abagenzi mu buryo bwa Rusange i Muhanga, ntabwo bavuga rumwe n’ubuyobozi kuri ruswa bo bahamya ko bakwa, utayitanze akamburwa imodoka. Samuel Hatangimana, Perezida wa Koperative ahakana ibivugwa n’aba bashoferi, akemeza ko ababivuga ari abafite amakosa bagiye bakora kenshi bakihanangirizwa bakanga guhinduka bakamburwa imodoka batwaraga.

Hatangimana Samuel, aganira n’ umunyamakuru wa intyoza.com kuri ibi bibazo bivugwa n’aba bashoferi yagize ati” Aba ba shoferi, bamwe muri bo bagiye bakora amakosa, ugasanga izi modoka batwarira Koperative yacu nta musaruro uboneka. Ntabwo dukwiye gukorera mu gihombo kuko izi modoka zigurirwa amapine ndetse n’amavuta kandi ugasanga bazanye amafaranga macye adakwiye”.

Samuel Hatangimana, avuga ko imikorere mibi ya bamwe mu bashoferi no kudashaka guhinduka aribyo bibatera ibyo bavuga.

Akomeza avuga ko urebye urugendo izi modoka ziba zakoze n’amafaranga zitanga atajyane. Ahamya ko zakagombye kuba zitanga aruseho ariko ngo usanga ayo aba bamwe mu bashoferi bazana ari make cyane. Avuga ko nta wahakana ko nta bibazo bihari kugeza ubu ariko akemeza ko birimo gushakirwa umuti.

Ku bijyanye na ruswa abashoferi bavuga ko yakwa mu itangwa ry’akazi, agira ati “ Ababivuga ntabwo wababuza buriya bafite impamvu babivuga, ariko bashobora no kuba babiterwa no kuba twarabahagaritse, bamwe muri bo n’amasezerano yabo akaba yaseswa hakurikijwe amategeko kugirango akazi gakomeze”.

Kuki abashoferi bavuga ibi, kuki ruswa igaruka?

Bamwe mu baganirije umunyamakuru, bemeza ko hashize igihe bakora ariko bagakorera mu mwuka mubi wo kubabwira ko bazirukanwa, ndetse bamwe bikavugwa ko mbere yo gutanga amafaranga kuri Koperative babanza kugira icyo batanga kuri uyu muyobozi.

Umushoferi wahinduriwe izina akitwa Ngenzi, avuga ko yagiye abwirwa na Perezida Hatangimana Samuel ko azamwirukana kubera imikorere ye mibi kandi ngo agahora abimusubiriramo kuburyo byagiye binatuma akora atizeye ko ejo azagaruka.

Yagize ati” Nagiye mbwirwa nabi kandi bikantera ubwoba bw’uko nzirukanwa ndetse nahisemo gukora ibyo nagiye nsabwa kugirango ntirukanwa, ariko ntabwo wakora akazi ufite umutima uhagaze kuko nta musaruro wabona, uba utekereza ko ejo uzirukanwa”.

Undi wahawe izina rya Bigirimana ku mpamvu z’umutekano we, yagize ati” Njyewe na bagenzi banjye twagiye tubwirwa ko dukorera amafaranga make, bakatubwira ko dukorera amafaranga make bitewe n’urugendo dukora ndetse hahinduwe icyerekezo twajyagamo nabo babona ko ntakigenda, ariko niba ubuyobozi bubyumva bubanze nabwo buhindure imikorere”.

Aha ni mu marembo ya Gare ya Muhanga, aho imodoka zisohokera.

RFTC Muhanga ifite abanyamuryango 143 bamaze kugura imodoka 11 ndetse n’abakozi batandukanye harimo abatwara izi modoka 11. Hamaze gusezera abakozi babiri mu gihe umwe yahagaritswe.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga