• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Hamenyekanye itariki yo guha Musenyeri Ntivuguruzwa Balthazar inkoni y’ubushumba

Umwanditsi
May 5, 2023

Nkuko bigaragara ku rukuta rw’Urubuga Nkoranyambaga-Twitter rw’Ikinyamakuru cyegemiye kuri Kiriziya Gatolika y’U Rwanda, Kinyamateka, kiratangaza ko Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa, uherutse kugenwa na Papa Francis kuba umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi azahabwa Inkoni y’ubushumba tariki 17 Kamena 2023, i Kabgayi.

Ibi bije nyuma y’aho ubutumwa bwa Papa Francis busesekaye mu Rwanda tariki ya 2 Gicurasi 2023 saa sita z’amanywa yuzuye, butorera Musenyeri Ntivuguruzwa kuba umwepisikopi wa Kabgayi agasimbura Musenyeri Smaragde Mbonyintege warumaze imyaka 3 asabye kujya mu kiruhuko cy’Izabukuru.

Balthazar Ntivuguruzwa, asimbuye Mbonyintege.

Musenyeri Ntivuguruzwa, agiye kuba Musenyeri wa 7 ugiye kuyobora iyi Diyosezi. Akomoka mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo. Iyi  Diyosezi ya Kabgayi ifite abakirisitu babarirwa mu 702 255 nkuko bigaragazwa n’ubushakashatsi bwa 2021 bakaba bangana na 64%.

Nkuko bigaragazwa n’urubuga rwa Wikipedia, Nyiricyubahiro Musenyeri Smaragde Mbonyintege wayoboraga iyi Diyosezi, yavutse tariki ya 2 Gashyantare 1948 mu cyahoze ari Komini Rutobwe muri Perefegitura ya Gitarama, ubu ni mu Karere ka Kamonyi ho mu murenge wa Kayumbu. Yatowe na Papa Benedicto wa XVI tariki ya 22 Mutarama 2006, aza guhabwa inkoni y’ubushumba muri Werurwe 2006. Asoje imirimo ye agiye mu kiruhuko cy’ izabukuru 2023. Yari afite intego igira iti”Lumen christ Spes mea” bivuze ” Urumuri rwa Kirisitu, ibyiringiro byanjye  “.

Musenyeri Samaragide ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Ahabwa kuba Umwepisikopi, yasimbuye Musenyeri Anastase Mutabazi wabaye Musenyeri wa Diyosezi ya Kabgayi, atowe na Papa Yohani Paul II tariki ya 25 Weurwe 1996 kugeza 2006. Bivugwa ko yagize uruhare mu gushinga Kaminuza Gatolika ya Kabgayi (ICK) ndetse na Radio Maria Rwanda yashinzwe mu mwaka wa 2004.

Diyosezi ya Kabgayi, yabayeho muri Mata 1922 ibyawe na Kiriziya ya Kigali yaje guhinduka Arikidiyosezi ya Kigali mu mwaka w’1974.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga