• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
16/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
16/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
16/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge

Kamonyi-Impuruza: Imihanda n’amateme byangiritse bishobora guhagarika ubuhahirane

Umwanditsi
July 24, 2023

Bamwe mu bakoresha umuhanda wa Rugobagoba werekeza ku Mugina ku ishuri ryitiriwe Mutagatifu Ignace ndetse n’abakoresha umuhanda werekeza mu murenge wa Ngamba ahitwa mu Kabuga ku ishuri ryitiriwe Padiri Ramon, barasaba ubuyobozi kugira icyo bukora kuko iyi mihanda yombi yangiritse bikomeye. Abakoresha iyi mihanda ndetse n’abayobozi batandukanye barimo abayobora ibigo by’amashuri bavuga ko nta mubyeyi ukifuza kuhagana ajyanye umwana cyangwa agiye kumusura.

Umuyobozi w’Ishuri rya Koleji yitiriwe Mutagatifu Ignace ryo ku Mugina, Padiri Nsengiyumva Jean Claude yabwiye umunyamakuru wa Intyoza.com ko uyu muhanda uturuka Rogobagoba ukagera ku Mugina ukanekereza Mukunguri  wamaze kwangirika cyane, ko kandi ugora ababyeyi barerera muri iki kigo ndetse n’abaturage bawukoresha umunsi ku munsi.

Padiri Nsengiyumva, yongeraho ko kubera kwangirika k’uyu muhanda hari na ba rwiyemezamirimo badashaka gukora amasoko yo kubigo biri muri iki gice bitewe n’iyangirika ry’uyu muhanda. Avuga ko nk’abagemura ibiribwa bamwe bahitamo kuzamura ibiciro ndetse abandi bagahitamo kubivamo.

Umwe mu mihanda yerekeza Ngamba, Kabuga.

Umuyobozi w’Ishuri ryitiriwe Padiri Jose Ramon Amunarriz ryo mu Kabuga mu Murenge wa Ngamba, Padiri Rudahunga Cyiza Edmon Marie avuga ko bigoye abanyenshuri n’ababyeyi mu gihe cyo kuza ku ishuri no gusubira mu rugo.

Ahamya ko ibintu birushaho gukomera cyane mu gihe cyo gutanga amasoko yo kugemurira ikigo ibiribwa abana bazarya bari ku ishuri. Ahamya ko iyangirika ry’iyi mihanda ritoroshya ubuhahirane n’imigenderanire ku bava n’aberekeza muri iki gice.

Yagize Ati” Hashize igihe kirekire tugaragariza inzego ko ikibazo cy’imihanda igana hano ku ishuri ryacu uko ari 3 yamaze kwangirika bityo bikagora abana bacu kuza ku ishuri no gutaha. Ikindi gikomeye ni uko abatuzanira ibiryo byo kugaburira abana batinya iyangirika ry’Imodoka bakavuga ko bahomba. Hatagize igikorwa iyi mihanda ishobora guca ubuhahirane bwacu n’ibindi bice kandi yose uko muyibona yari yarakozwe na Padiri Ramon ashaka inzira zatuma aha hagendwa neza“.

Rwiyemezamirimo ugemura ibiribwa kuri aya mashuri, Viateur Munyanziza aherutse kubwira IGIHE ko iyi mihanda ari ikibazo gikomeye ndetse bimugora kubona imodoka yemera kujyemurayo ibiryo byo kugaburira abanyeshuri biga muri ibi bigo bibarizwa mu mirenge ya Ngamba na Mugina.

Avuga ku mbogamizi zihari, ahamya ko ahanini zishingiye kuri iyi mihanda yangiritse cyane, bityo kugirango ubone imodoka yemera kujyanayo imizigo irimo ibiryo ugasanga bigorana cyane. Avuga ko imodoka zidakunda kujyayo kuko bene zo bavuga ko zangirika kubera uyu umuhanda ari mubi cyane, hakiyongeraho n’aho amateme amwe yagiye yangirika andi agatwarwa n’ibiza.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr Nahayo Sylvere avuga ko ikibazo cy’Imihanda n’amateme kizwi kandi kirimo gushakirwa umuti. Yemera kandi ko hari ibiraro byangijwe n’Ibiza ariko ko hari ibyatangiye gukorwa, ko n’iyi mihanda igana Mugina na Ngamba iri muri gahunda kuko uko ubushobozi buzagenda buboneka hazakorwa.

Yagize ati” Iki kibazo kirazwi kandi uko ubushobozi bugenda buboneka kizashakirwa ibisubizo. Twagize ibiza mu mwaka wa 2018 byasenye amateme hafi 40 kandi hari ibyatangiye gukorwa ariko amikoro aracyari ikibazo, ariko hazakorwa rwose nubwo hari ahahoze amateme akagenda imodoka zikaba zivogera umugezi”.

Kuhanyura wambaye inkweto, uzikuramo ukazamura ipantaro cyangwa ikanzu ndende wambaye.

Abaturiye iyi mihanda, abayobora ibigo biherereye muri ibi bice ndetse n’abakoresha iyi mihanda, bemeza ko mu gihe byakomeza gutya bishobora gutuma ibi bice bijya mu bwigunge ndetse bigasigara inyuma kurushaho, ibikorwa by’Amashuri nka Koleji Yitiriwe Mutagatifu Ignace riherereye ku Mugina na Father Ramon Kabuga TSS riherereye mu murenge wa Ngamba bikarushaho kwibagirana.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5798 Posts

Politiki

4049 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga