• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/07/26
Gacurabwenge: Abagize Umubano Family bizihije Ukwibohora 32 bagabira Uwarokotse Jenoside
06/07/26
Kamonyi: Hemejwe asaga Miliyari 40 y’Ingengo y’Imari y’Umwaka wa 2026-2027
06/07/26
Nyanza: Polisi y’u Rwanda yibukije abanyerondo uruhare rwabo mu gukumira ibyaha
06/07/26
Kamonyi: Barasaba gusobanurirwa uko ibikorwaremezo bitoranywa(Priorities) mu ngengo y’imari

Niger: Itsinda ry’Abasirikare bahiritse ubutegetsi ryatangaje gahunda y’inzibacyuho y’imyaka itatu

Umwanditsi
August 20, 2023

Umukuru w’itsinda ry’Abasirikare bahiritse ubutegetsi muri Niger, Jenerali Abdourahamane Tchiani, yatangaje gahunda y’inzibacyuho (imfatakibanza mu Kirundi) y’imyaka itatu. Ni mu ijambo ryanyuze kuri Televiziyo y’Igihugu, aho yavuze ko Niger idashaka intambara. Yatangaje kandi ko mu gihe hagira igihugu kibashozaho intambara biteguye kwirwanaho.

Ku itariki ya 26 y’ukwezi gushize kwa Nyakanga (7) ni bwo itsinda ry’Abasirikare ryahiritse ku butegetsi Perezida Mohamed Bazoum, watowe muri Demokarasi mu 2021.

Kuva ahiritswe ku butegetsi, Bazoum afungishijwe ijisho mu nyubako ya Perezida iri mu murwa mukuru Niamey.

Gen Tchiani, atangaje iby’inzibacyuho nyuma y’uko abahuza bo mu muryango w’ibihugu byo muri Afurika y’uburengerazuba (CEDEAO/ECOWAS) bahageze mu biganiro by’amahoro mu kugerageza kwa nyuma ko kugera ku muti unyuze mu nzira ya Diplomasi, bashaka kwirinda intambara y’abashaka gusubizaho Perezida Bazoum.

CEDEAO, yumvikanishije ko umutwe w’ingabo zo gutabara aho rukomeye witeguye kujya muri Niger. Mu gisa nk’ukundi kudakurikiza ibyo CEDEAO isaba, Gen Tchiani yatangaje iyo gahunda y’ubutegetsi bw’inzibacyuho y’imyaka itatu muri Niger.

Yaburiye ko igikorwa cya gisirikare cyakorwa kuri Niger kitakoroha, ati: “Turamutse tugabweho igitero, ntabwo bizaba ari nko kwitemberera muri pariki nkuko abantu bamwe basa nkaho ari ko bibwira“.

CEDEAO yakomeje kuburira ko izakora igikorwa cya gisirikare niba umuhate wo mu rwego rwa Diplomasi unaniwe gucyemura ikibazo cya Politiki muri Niger. Ariko CEDEAO ntiyasobanuye gahunda nyirizina yayo.

Intumwa za CEDEAO zanahuye by’igihe gito na Perezida wahiritswe Bazoum. Itangazo rya Gen Tchiani nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, rihuriranye n’igikorwa cyo gushishikariza abantu kwinjira mu gisirikare.

Abantu babarirwa mu magana, biganjemo abasore, biyandikishije ngo bajye mu mutwe w’abakorerabushake bo kurwana kuri Niger, mu gihe muri iki gihugu haba habaye igikorwa cya gisirikare cy’amahanga.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5991 Posts

Politiki

4238 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1061 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

160 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga