• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Ntabwo ducuruza amakosa-IGP Namuhoranye Felix

Umwanditsi
October 4, 2023

Mu nama yahuje inzego zitandukanye zirimo Minisiteri y’Umutekano, iy’Ubutabera, Polisi, RIB n’Itangazamakuru kuri uyu wa 04 Ukwakira 2023 ku kicaro gikuru cya Polisi, IGP Namuhoranye Felix mu gusubiza ikibazo cy’abibaza impamvu Kamera zihishwa( izandikira abatwara ibinyabiziga), yavuze ko Polisi y’Igihugu idacuruza amakosa. Avuga ko ikigenderewe atari uguhisha abantu aho zishyirwa ngo bakunde bahanwe. Yasabye ko abantu bakwiye kwibanda ku kubahiriza amategeko n’amabwiriza agenga abatwara ibinyabiziga n’abakoresha umuhanda aho kwibaza kuri Kamera.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, yagarutse ku makosa akorwa nkana n’abakoresha umuhanda by’umwihariko abatwara ibinyabiziga, avuga ko abenshi usanga bakorera ku jisho, kuko utwaye azi aho Kamera iherereye akitwararira ariko yamara kuharenga agafatiraho atitaye ku byo ibyapa bimubwira.

Kuri iki kibazo cya Kamera zihishwa, yavuze ko muri iyi minsi Polisi y’u Rwanda irimo gutunyanya cyangwa se gukoresha ibyapa byinshi bizashyirwa aho Kamera ziherereye ku buryo abakoresha umuhanda bazabibona.

Nubwo IGP Namuhoranye asa n’uwahumurije akanasubiza abibaza impamvu y’ihishwa rya Kamera, yavuze ko kuba Polisi igiye gushyira ibyapa bigaragaza aho Kamera ziri, ibyo bidasobanuye ko ari ukugira ngo abantu bareke kubahiriza ibyapa mu muhanda, ko ahubwo basabwa kwitwararika mu kubahiriza ibyapa, aho kwiruka bitubahirije ibyapa.

Abatwara ibinyabiziga, bibukijwe ko zimwe mu nshingano za Polisi harimo gukumira ko ibyaha biba. Basabwe kwitwararika ku byatuma amakosa avamo ibyaha aba kuko mu gihe hatabaye kwitwararika mu muhanda bishobora gushyira ubuzima bwa benshi mu kaga. Bibukijwe kandi ko Kamera ari impamvu y’umutekano w’Abanyarwanda atari ukuwuhungabanya.

Akimana Jean Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga