• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Paris: Dr. Munyemana Sosthène asabiwe igihano cy’igifungo cy’imyaka 30

Umwanditsi
December 18, 2023

Ubushinjacyaha mu rukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu gihugu cy’u Bufaransa kuri uyu wa 18 Ukuboza 2023 busabiye umunyarwanda Dr. Munyemana Sosthène ukurikirwanyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda igihano cy’imyaka 30 y’igifungo.

Mbere y’uko ubushinjacyaha busabira iki gihano Dr.munyemana, bwabwiye inteko iburanisha ko mu kugena cyangwa kumukatira bareba igihano kimukwiye bakurikije ibyo yakoze bafitiye ibimenyetso hagamijwe guha agaciro ubuzima bwa muntu, hanashingiwe kandi ko uwari gukiza abantu yagize uruhare mu kubarimbura.

Yagize kandi ati“ Nti mwite ku myaka ye cyangwa igihe urubanza rumaze n’imyaka Jenoside imaze ibaye. Ku muhana ni n’umwanya wo gutuma atekereza ku byo yakoze, no gutuma abo yatumye babura ababo baruhuka kuko Ubutabera buba bwakoze akazi kabwo”.

Yagize kandi ati“ Banyakubahwa Bacamanza namwe Nyangamugayo, TUMUSABIYE IGIHANO CYO GUFUNGWA IMYAKA 30!”. Yakomeje yibutsa abacamanza b’inteko iburanisha ko Ubushinjacyaha bwagaragaje igihamya ko Dr. Munyemana Sosthène yagize uruhare muri Jenosideyakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Yagize kandi ati“ Nyangamugayo, ahasigaye ni ahanyu, ububasha ni ubwanyu, umwanzuro n’uburyo muca uru rubanza biragaragaza icyo UBUTABERA BW’UBUFARANSA ARI BWO!. Kuri ubu bubasha mufite bwo guca uru rubanza, ni  n’umwanya wo guca umuco wo kudahana, kuzirikana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda”.

Ubushinjacyaha, bwakomeje bugaragaza ko mu mwaka w’ 1994. Dr. Munyemana Sosthène yari yubatse, afite abana, akaba na mwalimu wa Kaminuza wize mu Burayi mu gihe icyo gihe abize segonderi bonyine bari bagize 1% mu Rwanda hose.

Bwakomeje buvuga ko, Umubano we n’abategetsi b’icyo gihe bahamwe n’ibyaha bya Jenoside ugaragaza ubwawo uruhare rwe. Bugira kandi buti“ Turamushinja uruhare rwe mu gutegura ndetse no gutera inkunga Jenoside. Munyemana yahisemo kugira urwo ruhare kandi ibyo yahisemo byasorejwe kuri Jenoside yahitanye abarenga ibihumbi 200 muri Butare”.

Bagize kandi buti“ Kwigarurira ubuyobozi bwa Tumba muri Jenoside bigaragaza ubuhangange bwe. Byasojwe no guhunga kwe ubwo FPR yatsindaga FAR, akajya muri Zaire agakomereza i Burayi. Ahamwa no KUGIRA URUHARE MURI JENOSIDE, IBYAHA BY’IBASIYE INYOKOMUNTU N’UBUFATANYACYAHA. Bacamanza namwe Nyangamugayo, gucira urubanza Munyemana mukamuhamya ibyaha twagaragaje biri mu biganza byanyu”.

Ubushinjacyaha, buvuga ko hari abandi nka Munyemana bahamywe n’ibyo byaha bahabwa ibihano bitandukanye birimo; Burundu, imyaka itandukanye”. Asubiyemo urutonde rwa bamwe mu baburaniye muri urukiko n’ibihano bahawe. Abo ni :

  1. Pascla Simbikangwa (inzego z’ubutasi)
  2. Ngenzi O. na T. Barahira
  3. Claude Muhayimana (chauffeur ku Kibuye)
  4. Laurent Bucyibaruta (Perefe Kibungo)
  5. Philippe Hategekimana (gendarme I Nyanza)

Uru rubanza ruregwamo Dr. Munyemana Sosthène ni urubanza rwa Gatandatu(6) ku Banyarwanda bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Abatangabuhamya banyuze imbere y’inteko iburanisha bagiye bayigaragariza ko bakeneye guhabwa Ubutabera bwuzuye kandi mu gihe gikwiye. Uyu Dr. Munyemana Sosthène, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yari afite imyaka 39 y’amavuko. Mu batangabuhamya banyuze imbere y’inteko iburanisha, barimo abahanga, barimo abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’abahohotewe.

Munyaneza Theogene

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga