• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Kamonyi-Kagame Cup: Imirenge y’Umujyi yasubije iy’icyaro iwayo nta ntsinzi

Umwanditsi
January 6, 2024

Mu irushanwa ry’Umupira w’Amaguru rihuza imirenge ryitiriwe Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda( Umurenge Kagame-Cup) ryari rigeze muri kimwe cya kabiri-1/2 ku rwego rw’Akarere, Abakobwa b’Umurenge wa Gacurabwenge batsinze bagenzi babo b’Umurenge wa Kayumbu, Abahungu b’Umurenge wa Rugalika batsinda aba Kayumbu. Iyi mirenge yatsinze ni 2 muri itatu igize Umujyi w’Akarere ka Kamonyi. 

Imikino yose mu bahungu n’Abakobwa yabereye ku kibuga giherereye mu Murenge wa Rugalika mu Kagari ka Kigese, aho Abakobwa ba Gacurabwenge babanje guhura n’Aba Kayumbu, umukino usozwa Gacurabwenge itsinze igitego kimwe ku busa bwa Kayumbu.

Uyu mukino w’Abakobwa urangiye, hagiyeho umukino wahuje Abahungu, aho Aba Rugalika babonye igitego kimwe mu minota ya mbere y’igice cya mbere, bakiryamaho kugera umukino usojwe, bagera batyo ku mukino wa nyuma aho bazahura n’abo mu Murenge wa Mugina.

Icyagaragaye muri iyi mikino ni ishyaka ry’abakinnyi. Ni imikino ubusanzwe ikinwa n’abakobwa n’abahungu batabigize umwuga, bavuka cyangwa batuye mu Murenge bahagarariye, batabarizwa mu bigo by’amashuri nubwo ibi hari aho usanga babirengaho bagashaka abakinnyi mu bigo by’amashuri cyangwa se mu bindi bice bitandukanye, ariko abafashwe babikoze batyo babihanirwa.

Bamwe mu bakurikirana iyi mikino, bavuga ko nkuko yitiriwe Umukuru w’Igihugu ikwiye no guhabwa agaciro gakomeye, igashyirwamo ubushobozi bufasha imirenge gutegura kuko kugeza ubu usanga birwariza muri byose, ari nabyo bituma bamwe mu bayobozi b’Imirenge bashyiramo imbaraga nke nti bashake kujya guhatana nk’abakomeza kuko bibasaba imbaraga nyinshi n’umwanya.

Igice cya mbere cyari kirangiye Abanyarugalika biga amayeri y’uko bararwana ku gitego 1 bari babonye.

Ni ku nshuro ya mbere imirenge ya Rugalika na Kayumbu bageze muri kimwe cya kabiri cy’iyi mikino y’Umurenge Kagame-Cup. Mu yindi myaka wahasangaga Runda itarahiriwe uyu mwaka, ukahasanga Mugina ubu izanakina umukino wa nyuma na Rugalika, hakaba Rukoma nayo bitahiriye na Kayenzi ndetse na Nyarubaka bitahiriye.

Abakinnyi ba Kayumbu bari bicaye bashaka igisubizo cy’uko baza kugombora igitego batsinzwe byaba ngombwa bakanatsinda ikindi ariko byarangiye byanze.
Ni imikino imanuka mu baturage ukabona ko bishimye, cyane ko abayikina baba ari abana babo birirwana, babana.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga