• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/11/25
Kamonyi-Karama: Operasiyo ya Polisi yavumbuye ahengerwa‘Muriture’ n’abakekwaho ibindi byaha
08/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
08/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
08/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws

Kamonyi-Kabashumba: Impanuka y’imodoka yahitanye umwe, Motari ararusimbuka

Umwanditsi
August 11, 2024

Ahagana ku i saa sita z’amanywa kuri iki cyumweru mu Kagari ka Kabashumba, Umurenge wa Nyamiyaga, umanuka ku gapado kari ruguru gato y’Umurenge, imodoka y’ivatire yakoze impanuka igonga inzu y’umuturage irapfumura. Umwe mu bari muri iyi Vatire yapfuye, Motari wari kuri Moto imuca hejuru aho yari ahungiye ku kagunguzi kari hafi aho.

Uyu Motari witwa Nshimyimana Aburahamu, yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko iyi mpanuka yabaye yatewe n’ivatiri yari imaze kunyura kuri HOWO nayo yamanukaga yerekeza Mukunguri.

Avuga ko ubwo yazamukaga ava ku Murenge yerekeza Rugobagoba kuko yari afite urugendo rujya mu bukwe i Muhanga, yabonye ivatiri imanuka imaze guca kuri HOWO, arebye abura aho ahungira, ahitamo gusimbuka Moto igenda ngo akize amagara, ariko icyerekezo ahungiyemo ivatiri iba ariho yerekeza.

Aburahamu, avuga ko yahise aryama hasi yumva ko ibye birangiye ariko ku bw’amahirwe hari akagunguzi ivatiri ku bwo kwiruka ikanyura hejuru ariko nti hagira ipine cyangwa igice cyayo kimukoraho, aribwo yagendaga ikagonga inzu y’umuturage, ikayibomora ari nabwo umwe mu bari bayirimo yahise ahasiga Ubuzima.

Uwapfiriye muri iyi mpanuka, amakuru agera ku intyoza.com ni uko ari umwana w’umuhungu w’imyaka 15 warerwaga mu rugo rw’umubyeyi bari kumwe bavuye i Kigali berekeje mu Mayaga aho bari batashye ubukwe.

Umushoferi wari utwaye iyi Vatiri, yayivuyemo kibunompamaguru nyuma yo kubona umwe mu bo yari atwaye apfuye. Hari amakuru umwe mu baturage yahaye intyoza.com avuga ko Shoferi agenda yavuze ko agiye kwishyikiriza Polisi.

Nyuma y’impanuka yari ibaye, Motari Nshimyimana Aburahamu wayirokotse yateruwe n’abatabaye bamujyana mu rugo kuko nubwo imodoka yamunyuze hejuru nti mukoreho, yahungabanye ku buryo aya masaha ya saa kumi n’ebyiri aribwo akigarura ubwenge akabasha no kugira icyo avuga. Atuye mu Mudugudu wa Ruyumba Akagari ka Kabashumba hafi n’Umurenge. Ni mu gihe aho iriya modoka yakoreye impanuka yinjira mu nzu y’Umuturage ari mu Mudugudu wa Nkoto, Akagari ka Kabashumba.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5907 Posts

Politiki

4158 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1029 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga