• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Karongi: Abafatanyabikorwa 94% bitabiriye Imurikagurisha n’Imurikabikorwa ry’Akarere

Umwanditsi
August 21, 2024

Abagize ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere ka Karongi barashima ubwitabire bw’abaturage baje mu imurikagurisha n’Imurikabikorwa. Bavuga ko ryababereye amahirwe yo kumenyekanisha ibyo bakora.

Abagize iryo huriro, ibyo babitangaje kuri uyu wa 20 Kanama 2024, ubwo hatangizwaga ku mugaragaro Imurikagurisha n’Imurikabikorwa ry’Akarere ka Karongi rigiye kumara iminsi itatu ribera mu busitani bw’Umujyi buherereye mu murenge wa Bwishyura.

Ni Imurikagurisha n’Imurikabikorwa ryitabiriwe n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo abakora mu rwego rw’Ubuzima, Iterambere n’Imibereho myiza y’Abaturage.

Urimubenshi Aimable, uhagarariye abikorera, akaba nyiri Future Supermarket n’Uruganda rukora amatafari agezweho, yashimye Guverinoma y’u Rwanda yatekereje gushyiraho gahunda y’Imurikagurisha n’Imurikabikorwa. Ahamya ko iyi gahunda ifasha abikorera kumenyekanisha ibikorwa byabo.

Ati“ Iri murika ryamfashije kuko abantu batandatu mubasuye sitandi yanjye bampaye komande yo kubakorera amatafari. Mfite icyizere ko nibikomeza kugenda neza iri murika rizarangira maze kubona komande nka 20. Ibi byose turabikesha kuba Karongi yarashyizwe mu mujyi yunganira umujyi wa Kigali”.

Umuyobozi w’Agateganyo w’Ihuriro ry’Abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere ka Karongi, Habinshuti Eliakim yavuze ko iri Murikagurisha n’Imurikabikorwa ryitabiriwe n’abafatanyabikorwa 73 kuri 77. Ati“ Ubwitabire bw’Abafatanyabikorwa buhagaze neza, Turasaba abaturage gusura ahari kubera imurikabikorwa ry’Akarere ”.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Mukase Valentine yavuze ko Imurikagurisha n’Imurikabikorwa ari umwanya mwiza ku bafatanyabikorwa kuko ari umwanya wo kumenyana hagati yabo, ukaba n’umwanya mwiza wo guhura n’abaturage bakabagaragariza ibyo bakora. Ati“ Turasaba abaturage kwitabira ari benshi bakareba ibyo abafatanyabikorwa bakorera mu karere kacu”.

Abitabiriye iri Murikagurisha n’Imurikabikorwa, umunsi wa mbere w’imurika basusurukijwe n’Itsinda Urukatsa rya Mavenge Sudi, uzakorerwa mu ngata na Eric Senderi.

Sylvain Ngoboka

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga