• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi-Rukoma: Nkundimana Alexis wiswe Umuhebyi yagwiriwe n’Ikirombe arapfa

Umwanditsi
September 4, 2024

Nkundimana Alexis w’imyaka 32 y’amavuko, yagwiriwe n’ikirombe gicukirwamo amabuye y’agaciro, akurwamo yapfuye. Ni mu Mudugudu wa Gahungeri, Akagari ka Gishyeshye, Umurenge wa Rukoma ho mu Karere ka Kamonyi. Ni ikirombe ‘Bivugwa!’ cyahoze gikorerwamo na Kampuni yitwa DEMICO y’uwitwa Kinyogote Emmanuel.

Impanuka y’iki kirombe, yamenyekanye ahagana ku mugoroba w’uyu wa Kabiri tariki ya 03 Nzeri 2024, uwo cyagwiriye araramo. Mu bari muri iki kirombe bacukura amabuye y’agaciro, bamwe bakijijwe n’amaguru ariko uyu Nkundimana Alexis kiramusigarana, akurwamo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Nzeri 2024 yapfuye.

Mandera Innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma yabwiye intyoza.com ko amakuru y’iki kirombe cyagwiriye umuntu agapfa ari impamo. Ahamya ko nyuma yo gukura Nkundimana Alexis mu kirombe, ubuyobozi bw’Umurenge wa Rukoma buri kumwe n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi hamwe n’abakozi b’ikigo gifite ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu nshingano zacyo(RMB-Rwanda Mining Board) ku rwego rw’Akarere, baganiriye n’abaturage, barabahumuriza ariko kandi banabagira inama, babasaba kuva mu bucukuzi bwa rwihishwa, bakajya gukorera muri Kampuni zujuje ibisabwa.

Basabwe kudashyira ubuzima bwabo mu kaga, basabwa kuva mu birombe bitemewe gukorerwamo kuko uretse no kubijyamo by’ubwihebyi, ubifatiwemo arahanwa, ariko kandi akaba anashyira ubuzima bwe mu kaga. Umurambo wa Nyakwigendera wakuwe mu kirombe ujyanwa mu bitaro bya Remera Rukoma gusuzumwa.

Kinyogote Emmanuel, rwiyemezamirimo ufite Kampuni ya DEMICO ikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro akaba ari nawe Perezida w’Abacukuzi b’Amabuye y’agaciro mu Ntara y’Amajyepfo, ari nawe uvugwa ko yakoreraga muri iki kirombe cyagwiriye Nkundimana Alexis, yabwiye intyoza.com ko iki kirombe yari yarahagaze kugikoreramo.

Yabwiye umunyamakuru ati“ Uguye mu kirombe iyo ari umukozi wacu turamudekarara, Asiranse (ubwishingizi) ikenterivona( igakora ibisabwa), n’aho uwaguyemo ni babandi wumva bita ngo ni ‘Abahebyi’”.

Yakomeje abwira umunyamakuru ko aba bakunze kwita Abahebyi( Abakora ubucukuzi bihisha, bitemewe) bagiye muri iki kirombe ejobundi( ku wa mbere). Ati“ Bagiyemo ejobundi ngira nti!, hanyuma bagezemo umwe kimukubitiramo abandi basohoka biruka n’amaguru. Twabimenye nyine ari uko bavuyemo nyine birukanka, ariko twamukuyemo”.

Kinyogote, yabwiye intyoza.com ko aha hantu haguye uyu Nkundimana Alexis, ari ahantu yahoze akorera ariko akaba yari yarahavuye, yarahatabye ndetse yarahafunze ariko aba Bahebyi ngo bakaza bakahafungura.

Ubucukuzi bw’Amabuye y’agaciro muri aka karere ka Kamonyi, by’umwihariko muri uyu Murenge wa Rukoma n’indi mirenge ifite ahakorerwa Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ni kenshi ibirombe bihitana ubuzima bw’ababikoreramo, bamwe bakamenyekana, abandi nti bamenyekane. Ni ubucukuzi akenshi bamwe bavuga ko bwihishwe inyuma n’ abanyembaraga.

Ikigo gifite ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu nshingano zacyo-RMB, gishinjwa kenshi kuba ku isonga mu kuba nyirabayazana w’impanuka zivugwa muri ibi birombe kuko ahavugwa kenshi usanga ari aho kidatangira ibyangombwa, bityo n’abafatiwemo cyangwa abaguyemo bakitwa “ABAHEBYI” ariko mu kuri ibanga rizwi n’abahakorera ndetse n’iki kigo kirengagiza gutanga ibyangombwa ngo ahakorerwa hagire uhakorera uzwi, ibitagenda abe ariwe uhabazwa.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga