• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/07/25
Umunyamakuru muzima ni uriho si uwapfuye-Me Jean Paul Ibambe
18/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: URUGAGA RW’ABAYOBOZI ku Mudugudu rwabaye igisubizo ku mibereho myiza y’Umuturage
18/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
18/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira

Tariki ya 09 Nzeri 2024 hazatangizwa gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bya Otomatike( Automatic)

Umwanditsi
September 4, 2024

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 04 Nzeri 2024, nibwo Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe gukoresha no gutanga ibizamini n’impushya zo gutwara ibinyabiziga ryatangaje ko Tariki ya 09 Nzeri 2024 aribwo rizatangiza bwa mbere ibizamini by’abakorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bya Otomatike. Hanatangajwe ibibuga bizakorerwaho.

Iri shami rya Polisi, ribinyujijwe ku rubuga rwa X(Twitter), ryatangaje ko ibyo bizamini biteganijwe gukorerwa ku bibuga bya; Busanza na Gahanga ho mu Karere ka Kicukiro, Ikibuga cya Nyarugenge ndetse n’icya Musanze.

Muri iryo tangazo, Polisi yateguje abakeneye iyo Serivise bose ko bazatangira kwiyandikisha guhera tariki ya 06 Nzeri 2024. Uko kwiyandikisha, bizakorwa n’abashaka uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga byo mu rwego rwa B gusa.

Itangazo rya Polisi rigaragaza igihe ikizamini cya mbere kizakorerwa n’aho kizabera.

Gutangiza gahunda yo gukorera Impushya zo gutwara ibinyabiziga bya Otomatike, ni icyemezo cyafatiwe mu nama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro tariki ya 25 Mata uyu mwaka wa 2024, inama yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Mu gukorera uru ruhushya rw’ibinyabiziga bya Otomatike, Abazarutsindira nta kindi kinyabiziga kitari icya Otomatike ku rwego batsindiyeho bazaba bemerewe gutwara. Ni mu gihe Abatsindira uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga bya Manuweli( Manuel) bo bemerewe gutwara n’ibinyabiziga bya Otomatike byo kurwego (Category) batsindiye.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5835 Posts

Politiki

4086 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1000 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga