• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
10/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
10/06/25
Kamonyi-Rugalika: Umukozi wa RIB yahaye ikigwa imiryango ibana idasezeranye anabahishurira ibanga rikomeye ryo kurambana
10/06/25
Ubuyobozi n’Abanyeshuri ba ESB Kamonyi baremeye abatishoboye 12, barimo uwahawe amazi mu rugo
10/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
10/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
10/06/25
Kamonyi-Rugalika: Umukozi wa RIB yahaye ikigwa imiryango ibana idasezeranye anabahishurira ibanga rikomeye ryo kurambana
10/06/25
Ubuyobozi n’Abanyeshuri ba ESB Kamonyi baremeye abatishoboye 12, barimo uwahawe amazi mu rugo

Amajyepfo: Polisi ikomeje guhiga no guta muri yombi abakekwaho ibikorwa by’ubugizi bwa nabi

Umwanditsi
November 24, 2024

Mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2024, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yakoze ibikorwa by’umukwabu byo gushakisha no gufata abantu bakekwaho guteza umutekano muke mu turere dutandumanye. Muri ibi bikorwa abagabo 15 bari mu kigero cy’imyaka itandukanye nibo bafashwe i Kamonyi, Nyamagabe na Nyaruguru.

Nkuko Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yabwiye intyoza.com, mu karere ka Kamonyi, Umurenge wa Runda, Akagari ka Muganza muri Nyagacyamo hafatiwe abantu bane b’igitsina gabo bari mu kigero cy’imyaka 17 na 30 y’amavuko.

Aba bafashwe, bakekwaho ibikorwa byo kwiba mu buryo butandukanye, aho bategera abantu mu nzira bakabambura, bakabakomeretsa bitwaje ibikoresho bikomeretsa. Uretse gutegera abantu mu nzira bakabambura ndetse bakanabakomeretsa, bakekwaho gutera mu ngo z’abantu bakiba abaturage aho banatobora amazu.

Aba bafatiwe muri Kamonyi mu murenge wa Runda, bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Runda nkuko Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yabibwiye umunyamakuru.

Ibisa n’ibi kandi, byakozwe mu karere ka Nyamagabe, Umurenge wa Gasaka, Akagari ka Nyamugali, Nyabivumu. Aha, hafashwe abantu 06 b’igitsina gabo bari hagati y’imyaka 27 na 47, bose bakekwaho ubujura.

Aba batawe muri yombi, ni abategera abantu  mu nzira bakabambura utwabo, bakabakomeretsa bitwaje ibikoresho bikomeretsa ndetse no kwiba mu ngo z’abaturage batobora amazu. Uko ari 6, bafungiye kuri Sitasiyo ya polisi ya Gasaka.

Polisi y’u Rwanda muri iyi Ntara y’Amajyepfo kandi, yakoze ibikorwa nk’ibi byo guhiga no gufata abantu nk’aba mu karere ka Nyaruguru mu mirenge ya Ngoma na Ngera, aho yataye muri yombi abantu 5 b’igitsina gabo bari hagati y’imyaka 17 na 40.

Aba batawe muri yombi nabo barakekwaho ubujura, aho bategera abantu mu nzira bakabambura, bakabakomeretsa bitwaje ibikoresho bikomeretsa ndetse no kwiba mu ngo z’abaturage batobora amazu. Aba bose, bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ngera.

SP Emmanuel Habiyaremye, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo yabwiye intyoza.com ko mu gihe Polisi y’u Rwanda ikomeje ibi bikorwa, isaba abaturage gukomezanya nayo ubufatanye bayiha amakuru kandi ku gihe. Yibutsa ko ntawe ukwiye guhishira cyangwa kwirengagiza gutanga amakuru ku munyacyaha kabone n’ubwo mwaba mufitanye isano y’amaraso kuko ubutaha niwowe ubwawe yagirira nabi cyangwa se uwawe.

SP Emmanuel Habiyaremye, araburira uwo ariwe wese wijanditse mu bikorwa bibi ibyo aribyo byose ko Polisi itazihanganira na rimwe abateza umutekano mucye badashaka kuva muri ibyo bikorwa bibi. Abinangiye bakaba badashaka kubivamo ababwira, ati“ Mwitegure no kwirengera ingaruka z’ibyo bikorwa bibi mwanze kureka kuko nta gahenge Polisi izabaha, muzafatwa mubiryozwe”.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5814 Posts

Politiki

4065 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

995 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga