• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/02/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
16/02/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi
16/02/26
Kamonyi-Ngamba: Machine (Laptop) yabaye igitambo cya Gitifu watewe n’Abagizi ba nabiku
16/02/26
Kamonyi-Mugina: Guhabwa inguzanyo ya VUP bisaba icya 10 (1/10) mu zibanze( Gushingamo Umuheha)

Kamonyi-Kayenzi: Arakeka ruswa ku irekurwa ry’uwamusambanyirije umwana

Umwanditsi
December 12, 2024

Nikuze Clementine, atuye mu Murenge wa Kayenzi ho mu Karere ka Kamonyi. Afite umwana w’umukobwa w’imyaka itandatu y’amavuko wasambanijwe n’umugabo avuga ko afite imyaka isaga 30 y’amavuko witwa Barihuta. Uyu mugabo yaje gufatwa na RIB iramufunga, imukorera Dosiye imwohereza mu bushinjacyaha ariko ngo bidateye kabiri arekurwa mu buryo atamenyeshejwe. Akeka ruswa kuri iri rekurwa agasaba ko umwana we, nawe ubwe bahabwa ubutabera.

Uyu mubyeyi mu gahinda kenshi imbere y’Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr Nahayo Sylvere wasuye Abanyakayenzi mu rwego rwo kumva no kubafasha gukemura ibibazo, yavuze ko ababajwe no kuba umwana we yarasambanijwe mu kwezi kwa 10(Ukwakira), ariko uwakoze aya mahano akaba yararekuwe n’urukiko rwa Kiyumba mu buryo atazi, aho ubu yidegembya ndetse ab’umuryango we bakaba bamuhigira.

Aganira na intyoza.com, yabwiye umunyamakuru ko agendana ubwoba, ko ndetse n’umwana we ashobora kugirirwa nabi igihe icyo aricyo cyose kuko abibwiwe kenshi n’abo mu muryango w’uwa musambanyirije umwana ndetse n’uwabikoze ubwe.
Avuga ko gusambanya umwana we byabaye ubwo we yari yagiye gupagasa imvura ikagwa akarara mu rupagasirizo, hanyuma uyu mugabo avuga akaza kurarana aka kana ari nabwo avuga ko yagasambanije.

Mu guhindukira bucyeye, umwana yatekerereje Nyina ibyamubayeho ariko kandi nawe ngo akaba yarabonaga atarimo kubasha kugenda nk’ibisanzwe, nyuma ku ishuri ry’umwana nabo bamuhamagara bamubwira ko hari ibyo bamushakira atujuje(banze guhita bamubwiza ukuri), agezeyo bamusaba kujyana umwana kwa muganga kuko umwana yababwiye ibyamubayeho.

Abayobozi batandukanye bari imbere y’Abaturage i Kayenzi.

Akomeza avuga ko yajyanye umwana kwa muganga( kuri Isange-Rukoma), nyuma bakamuha urupapuro rufunze arujyana kuri RIB, nayo iza guta muri yombi uyu mugabo wakekwaga imukorera Dosiye ndetse iramufunga, nyuma imushyikiriza Parike aho yaje kurekurwa mu buryo avuga ko akekamo ruswa kuko atanagize amakuru ahabwa kugera ubwo bidateye kabiri yabonaga uwo avuga wamusambanyirije umwana yidegembya.

Uyu mubyeyi, asaba ko umwana we ndetse nawe ubwe nk’umubyeyi bahabwa ubutabera. Avuga kandi ko nta kimubabaza nko kuba umwana we asambanywa, uwabikoze agafatwa agafungwa by’agahe gato, agafungurwa akaza amwigambaho ndetse n’abo mu muryango we bakaba ubu bamuhigira, bamubwira ko bazamwereka.

Meya Dr Nahayo Sylvere, yavuze ko iki kibazo bagiye kugikurikiraba.

Kuri iki kibazo, Umuyobozi w’Ubugenzacyaha-RIB mu karere ka Kamonyi imbere ya Meya n’abandi bayobozi ndetse n’abaturage, yavuze ko nka RIB icyo bakoze byari ugufata ukekwa bakamukorera Dosiye ndetse bakamushyikiriza Ubushinjacyaha, ko kandi ibyo babikoze. Gusa hamwe na Meya, Dr Nahayo Sylvere bijeje uyu mubyeyi ko ikibazo cye bacyumvise, bacyanditse bagiye kugikurikirana.

Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5931 Posts

Politiki

4180 Posts

Ubuhinzi

151 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

155 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga