• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi-Nyamigaya: Umugabo yishwe nabi

Umwanditsi
December 18, 2024

Nta rupfu rwiza rubaho ariko kandi hari uruza ukarubona mu isura mbi kurusha izindi. Ahagana ku i saa moya z’uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2024, mu Mudugudu wa Rwezamenyo, Akagari ka Kidahwe, Umurenge wa Nyamiyaga, umugabo witwa Mutarambirwa Théoneste w’imyaka 70 y’amavuko, wari Umujyanama w’Ubuhinzi yishwe na Nizeyimana Saveri w’imyaka 42 y’amavuko, akoresheje icyuma n’amabuye.

Bamwe mu baturage b’aho ibi byabereye, babwiye intyoza.com ko uwishwe yatewe icyuma, atemwa mu muhogo, anahondeshwa amabuye mu mutwe no mu musaya ku buryo wagira ngo ni imodoka yamuciyeho( Ifoto irahari ariko si iyo kwerekanwa). Biranavugwa ko no kubugabo yahageze.

Hari abavuga ko uyu wishe Nyakwigendera yaba afite ubumuga(uburwayi) bwo mu mutwe, ariko abandi bakabihakana bivuye inyuma bavuga ko ibyo ari amatakirangoyi yazanywe nyuma yo gutabwa muri yombi kuko uyu ari umuntu usanzwe akoresha abakozi akabahemba, akaba kandi ari n’umuntu usanzwe ucuruza kandi agatanga Serivise mu buryo bugaragarira buri wese ko nta kibazo afite.

Uwamwishe, yamaze gutabwa muri yombi ndetse n’ibimuranga intyoza.com twabashije kubibona ariko kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru nta muyobozi mu nzego z’ibanze muri aka gace twabashije kubona ngo agire icyo atubwira, yemwe n’uwo twavuganye wasangaga adashaka kugira icyo abivugaho ariko akavuga ko biteye ubwoba.

Amakuru intyoza.com dufite agaragaza ko Irangamuntu yasanganywe uyu ukekwaho kwica nyakwigendera, imyirondoro iriho idahuye n’imyirondoro yatanzwe. Gusa na none, amakuru ni uko uwishwe n’uwamwishe bivugwa ko bari abaturanyi nubwo imvano y’uru rupfu cyangwa icyo bapfuye bitaramenyekana.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga