• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
16/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
16/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Kamonyi-Rugalika: Imirire mibi yari imutwaye abana, Abajyanama b’Ubuzima barahagoboka

Umwanditsi
December 24, 2024

Mukandayisenga Josiane, umubyeyi utuye mu Mudugudu wa Gatovu, Akagari ka Sheli, Umurenge wa Rugalika ho mu Karere ka Kamonyi ahamya ko iyo hataba Abajyanama b’Ubuzima, Ubuzima bw’Abana be 2 bwari bugiye kubera ikibazo cy’imirire mibi. Yumvaga kubagaburira ibijumba, Ibishyimbo n’imyubati bihagije ngo babeho neza. Bigeze ahakomeye, yagobotswe na Shishakibondo no kwigishwa uko bategurira umwana indyo yuzuye, ubuzima buragaruka.

Avuga ku cyabaye intandaro yo kugira ngo abana bajye mu kibazo cy’Imirire mibi, Mukandayisenga yagize ati“ Nari ndi umukene pe! Ntacyo kurya mbona, mbayeho ku bwo guca inshuro, mba nsamye inda y’umwana undi akiri mutoya, ari uwo ncukije( imburagihe) ari n’uwo ntwite bose nta mu buzima bwiza”.

Mukandayisenga Josiane

Avuga ko yaje kwegerwa n’Abajyanama b’Ubuzima bamwitaho ndetse bamwohereza ku kigo nderabuzima naho bamwitaho, bamuha Shishakibondo banamubwira uko akwiye kwitwara bituma abana baza kuva mu kibazo barimo.

Muri icyo gihe, avuga ko yabonaga umwana we mu buzima buzengurutswe n’imirire mibi, Ati“ Yari ameze nabi, njya ku mupimisha ibiro nti byiyongere, mbona nyine kameze nabi. Naramurebaga nkumva nanjye bitanshimishije ariko ku bw’abayobozi beza dufite, Abajyanama b’Ubuzima nyine banyegereza Ikigo Nderabuzima kimpa Shishakibondo, baduha amabwiriza y’uburyo tugomba kuyibaha, batwigisha buryo ki tugomba gukora indyo yuzuye…”.

Kubwe, yagize kandi ati“ Numvaga yuko umwana iyo umugaburiye ibijumba n’ibishyimbo akura, ntazi kumwitaho ariko nyine iyo ugiye ukegera bariya bakubwira buryo ki ugomba gukora indyo yuzuye”.

Mukandayisenga Josiane n’abana be batatu. Uwo umwegereye niwe wari ahabi mu mirire, ariko uyu munsi aramureba akishima. Uwo hagati niwe mukuru.

Hari isomo yakuye ku bajyanama b’Ubuzima no ku kigo nderabuzima byatumye bya Bijumba, ya myumbati n’Ibishyimbo bigira agaciro ku mwana. Ati“ Ni ukuvuga ngo nyine, n’ibyo bijumba wabibonye, ukabona Imboga n’izo ndagara urya uko biri kose, ariko njyewe nafataga ibyo bijumba n’ibishyimbo ngahereza umwana, nkumva ko nyine ubwo mugaburiye ariko nta ndyo yuzuye nabaga namuhaye”.

Mukandayisenga, asaba ababyeyi bagenzi be kutamera nkawe ngo bagume mu myumvire n’ubujiji nk’ibyari bimuhitaniye abana. Avuga ko biba byiza igihe nta bumenyi ufite kwegera Abajyanama b’Ubuzima kuko bafite umumenyi bwafasha umubyeyi wese kumenya uko yita ku mwana we akamurinda guhura n’ibibazo by’Imirire mibi, akamenya uko amutegurira indyo yuzuye bityo bikamurinda kujya mu mirire mibi.

Mukampano Fortune, umwe mu bajyanama b’Ubuzima bitaye kuri uyu mubyeyi n’Abana be, avuga ko bitari byoroshye kuko uyu mubyeyi ngo yasamye inda umwana afite ataracuka( afite amezi 6), ahita ava ku ibere akiri muto bityo ari ucutse imburagihe ahita ajya mu mirire mibi ndetse n’inda atwite abyara ahita agira ikibazo cy’imirire mibi.

Avuga ko nk’Abajyanama b’Ubuzima bakibona ikibazo bamwegereye bakamugira inama ndetse bakamuba hafi bihoraho, bakamwigisha uko agomba kwita ku bana yaba uwavuye ku ibere acutse imburagihe ndetse n’uwo yari amaze kubyara.

Ashimangira ko bamwigishije uburyo agomba kwita ku bana agategura indyo yuzuye ndetse bigera ubwo bafashe icyemezo cyo kumwohereza ku kigo nderabuzima, ahabwa Shishakibondo cyane kuri uwo wari ku ibere kuko ariwe wari habi cyane.

Mukampano Forutine/Umujayanama w’Ubuzima.

Mukampano, avuga ko iyo hatabaye uburangare bw’ababyeyi, bakita ku bana bakabakorera ibisabwa mu gutunganya indyo yuzuye, abana nta kibazo bahura nacyo mu mirire. Asaba ababyeyi kumva ko umwana atari uwo kubyara ngo uterere iyo, ngo wumve ko ibyo urya nk’umuntu mukuru ari nabyo bikwiye ku mwana.

Ababyeyi, abashishikariza kugira Umurima w’Igikoni kugira ngo bya bijumba, ya myumbati n’ibindi agire uburyo bwo kumenya kubitegura bijyanye n’ibyafasha umwana, akabivanga n’imboga n’izo ndagara usanga ngo zitanahenze kuruta ubuzima bw’umwana.

Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga