• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/08/25
Kamonyi-Rugalika: Itsinda ry’abakekwaho ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
21/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
21/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
21/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage

Kamonyi-Rugalika: Umurambo w’umuntu wasanzwe iruhande rwa Kaburimbo hafi na Nkoto

Umwanditsi
January 9, 2025

Umurambo w’umugabo bigaragara ko akuze, uri mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 35-40, wasanzwe impande y’Umuhanda wa Kaburimbo hepfo y’isantere y’Ubucuruzi ya Nkoto ugana Kigali, urenze Camera ihari izi zizwi nka Sofiya, ahazwi nka Kangangayire hafi n’uruganda ruhari rutunganya Akawunga. Birakekwa ko yishwe akaza kuhajugunywa.

Umunyamakuru wa intyoza.com wageze aho uyu murambo wari uri i Kagangayire, umwe mu baturage yabwiye umunyamakuru ko uyu murambo wabonywe n’umuturage wari ugiye kwahira ubwatsi bw’amatungo mu ma saa kumi n’imwe za mugitondo.

Baba abaturage mu byiciro bitandukanye bagiye bahanyura, bakerekwa uyu murambo hagamijwe kureba niba hari uwamumenya, baba n’abayobozi batandukanye barimo n’inzego z’Umutekano, bose nta n’umwe wabashije kumenya imyirondoro y’uwishwe ngo ni inde, akomoka he.

Abayobozi barimo; Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugalika, inzego z’Umutekano, Komanda wa Polisi na ba DASSO, urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB muri Kamonyi, Abakozi ba RIB baturutse Kigali bapima cyangwa bashinzwe gukusanya ibimenyetso, kugera ku i saa 14H45 ubwo Imodoka y’Akarere yari itwaye umurambo, nta muntu n’umwe wagaragaye wamenya uwishwe.

Mu buryo bugaragarira amaso, aho umurambo wari uri hari amaraso yahaviriye ahajugunywa kandi nawe ubwe mu maso hagaragara amaraso menshi yamwumiyeho. Yari yarateretse ubwanwa cyane ku kananwa, yambaye akajire, utu akenshi usanga twambawe n’abantu bari kubaka, abakarani cyangwa abakora amasuku mu mihanda n’ahandi.

Amakuru intyoza.com ikura mu baturage batandukanye bari aha mu gihe kitari gito bahamaze ndetse n’abagiye bahanyura, dore ko bari muri bamwe bahaye intyoza.com amakuru, bakeka ko uyu Nyakwigendera yaba yiciwe ahandi akazanwa kujugunywa aha hantu, cyane ko benshi mu baturage muri aka gace bahanyuze bakerekwa umurambo ariko nti hagire ubasha ku mumenya. Hanyuze n’abamotari batari bake, cyane ko ari ku muhanda wa Kaburimbo, ariko aberetswe uwishwe, bose nta wabashije ku mumenya kugera ubwo Imodoka y’Akarere yahageraga igatwara Umurambo Kacyiru.
intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5847 Posts

Politiki

4098 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1005 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga