• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
12/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
12/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
12/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abagabo 5 bakekwaho ubujura butobora inzu n’ibindi bibi

Umwanditsi
February 7, 2025

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kamonyi kuri uyu wa 07 Gashyantare 2025, yataye muri yombi abagabo batanu bakekwaho ubujura bwo gutobora no gucukura inzu bagasanga abaturage mu nzu bakabacuza utwabo ndetse hakaba n’abo bategera mu nzira bakabambura. Aba, bafatiwe mu kagari ka Ruyenzi na Nyagacaca ho mu Murenge wa Runda uretse bajyaga n’ahandi. Abandi namwe ngo ni mubivemo Polisi itaraza.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yabwiye intyoza.com ko aba bafatiwe mu mukwabu wateguwe na Polosi ku makuru yatanzwe n’abaturage bari barajujubijwe n’abafashwe.

SP Emmanuel, avuga ko aba bafashwe ari abakurikiranyweho ubujura bwo gutega abaturage bakabambura, gutobora amazu y’abaturage bakibamo ibikoresho kuko hari na babiri bafatiwe mu cyuho bavuye kwiba mu rugo rw’umuturage.

Avuga kuri uyu mukwabu(Operation), yagize ati“ Ibi byakozwe mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha harimo na kino cy’ubujura”. Akomeza avuga ko ibikorwa nk’ibi byo guhiga abakekwaho guhungabanya ituze n’umutekano by’abaturage babambura utwabo mu buryo butandukanye bikomeje, ko kandi Polisi y’u Rwanda iri maso ifatanije n’abaturage batemera ukora ikibi wese.

Mu butumwa SP Emmanuel Habiyaremye yageneye abaturage biyemeje kurwanya ikibi aho cyaturuka hose, yagize ati“ Turashimira abaturage ubufatanye bwabo mu kuduha amakuru. Turabasa gukomeza ubwo bufatanye bagaharanira kurwanya ikibi kugirango tubashe gukumira no kurwanya ibyaha”.

Yagize kandi ati“ Umujura cyangwa undi mugizi wa nabi wese amenye ko Polisi iri maso, kandi ko ntaho wayicikira”. Akomeza avuga ko iyo ariyo mpamvu ukora wese ibinyuranije n’amategeko, ibigize icyaha agirwa inama yo guhinduka akareka kwishora mu byaha ahubwo agaharanira gukora ibimuteza imbere mu buryo bwiza butarimo ibyangwa n’amategeko.
intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga