• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi-Nyarubaka: Polisi yataye muri yombi Umugabo wasanganywe umurima w’Urumogi iwe

Umwanditsi
March 6, 2025

Ahagana ku i saa sita n’igice z’amanywa yo kuri uyu wa 06 Werurwe 2025 mu Mudugudu wa Kabere, Akagari ka Nyagishubi, Umurenge wa Nyarubaka ho muri Kamonyi, Polisi yataye muri yombi umugabo witwa Hitimana Emmanuel w’imyaka 48 y’amavuko. Ni nyuma yo gusanga mu rugo iwe yarahahinze Urumogi ibiti bigera ku icumi.

Bamwe mu baturage bo hafi y’uru rugo rwasanzwemo umurima w’Urumogi babwiye intyoza.com ko bagiye kubona bakabona Polisi ije mu rugo rwa Hitimana Emmanuel, binjira mu rugo iwe basanga yarahahinze Urumogi bagenda bamutwaye.

Hari amakuru bamwe muri aba baturage bahaye intyoza.com bavuga ko nubwo babonye Polisi ije, kuza kwayo bitapfuye kwizana kuko hari bamwe muri bagenzi babo bari bazi amakuru ko uyu mugabo ahinga Urumogi ndetse bakaba aribo barimo abatanze amakuru yatumye Polisi iza gufata uyu waruhingaga.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yabwiye intyoza.com ko amakuru y’itabwa muri yombi ry’uyu mugabo ari impamo, ko ubwo Polisi yageraga mu rugo iwe yahasanze umurima w’Urumogi.

Yagize ati“ Polisi yafashe Hitimana Emmanuel w’imyaka 48 y’amavuko akekwaho guhinga Urumogi iwe mu rugo. Twahasanze hahinzemo ibiti 10 by’ikiyobyabwenge cy’Urumogi”. Akomeza avuga ko uyu wafashwe yajyanywe gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gacurabwenge ho mu karere ka Kamonyi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye mu butumwa bwe, aravuga ko Polisi y’u Rwanda itazihanganira abijandika bose mu byaha. Ashimangira ko nta kibi na kimwe wakora ngo Polisi ye kutakimenya, ko bityo yiteguye gufata buri wese ubarizwa mu byangwa n’Amategeko.
intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga