• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Kamonyi-Karama: Avuga ko yanze ingeso mbi, yanga gusabiriza ashaka iterambere akuye mu budozi

Umwanditsi
March 7, 2025

Ku myaka 21 y’amavuko, Iradukunda Sofia ni umukobwa wahisemo umwuga w’ubudozi. Avuga ko imyaka itatu yize uyu mwuga nta gihombo abona, ko ahubwo nyuma y’aho, umwaka umwe amaze awukora asanga ari mu nyungu. Ahamya ko byamurinze kwicara mu rugo adakora, bimurinda gusaba ababyeyi buri kimwe, bimurinda ubuzererezi, bimufasha kwigira, aba uwo ariwe none. Asaba abakobwa b’urungano n’abandi gukura amaboko mu mufuka bagakora.

Umunyamakuru wa intyoza.com amusanze aho akorera Ubudozi muri Koperative BABERWE iherereye mu isantere y’Ubucuruzi ya Karama, Iradukunda amubwira ko guhitamo gukorera muri Koperative aho kujya ku ibaraza, mu masoko cyangwa ngo akodeshe inzu akoreramo ari uko yasanze kuba muri Koperative aribyo birimo inyungu nyinshi.

Iradukunda Sofia, ni urugero rwiza benshi bakwigiraho. Muganiriye wumva imbaraga iri mu kwigira no kugira ahazaza hafite intego.

Ati“ Kuba muri Koperative bitandukanye no kwikorera ku giti cyawe kuko murahuza, wigiramo byinshi, iyo hari icyo utazi bagenzi bawe bakizi barakwigisha, ntabwo wakwica ikintu kandi mugenzi wawe ahari akizi”. Akomeza asaba bagenzi be baba abato n’abakuru kuva mu bigare bagakura amaboko mu mufuka bagakora, bakiteza imbere, abari mu ngeso mbi bakazivamo.

Iradukunda, ahamya ko mu gihe kingana n’umwaka amaze akora uyu mwuga amaze kungukiramo byinshi birimo; Inshuti, kumenya neza umwuga ariko kandi ngo n’amafaranga Ababyeyi bamwishyuriye yiga amaze kuyagaruza. Agura amatungo magufi(Ingurube) akazigurisha akunguka, ariko kandi hejuru y’ibyo ngo arimo kwiga Imodoka kuko mu buzima bwe yamye akunda gutwara imodoka kandi byose abikora yiyishyuriye.

Mu buzima bwe bwa buri munsi, Iradukunda avuga ko ashimishwa no kugira uwo agirira akamaro kuko ubuzima bwamwigishije ko kubaho ari ukubana. Ahamya ko amaze gufasha abana benshi, abishyurira ishuri, ibyo kurya ndetse abadafite inkweto n’imyambaro bamusanze akanezezwa n’uko bamugeraho afite akabafasha kubona ibyo babura bakagana ishuri ntawe ubahutaje.

Avuga ko muri ubu buzima kwicara nta kintu ukora ubwabyo bimugaza ndetse bigashyira umuntu ahabi kuko kuri we asanga kubaho ubuzima nk’ubwo ariho hava abajya mu bigare bitari byiza, by’abadakora ahubwo baba bashaka gutungwa n’ibyo batavunikiye, abicara bagasaba buri kimwe ababyeyi cyangwa ababarera, abandi bakishora mu ngeso mbi, bakiyambura agaciro nyamara bafite Ubwonko, amaguru n’amaboko bikora neza.

Iradukunda Sofia, avuga ko ubuzima bwo kubaho afite icyo akora kimwinjiriza bwamwigishije kubaho yiyubaha, bumwigisha Kwigira abaho adasabiriza, atabarizwa mu bigare by’abananiwe gukora, bumwigisha ko gutera imbere biharanirwa kandi ko ikiri icyawe ari icyo waharaniye n’imbaraga zawe zose.

Abakorera muri iyi Koperative bafite amateka tuzagarukaho.

Iradukunda, Asaba Abakobwa bagenzi be ndetse n’Abagore muri rusange gukunda gukora cyane ariko kandi by’umwihariko buri wese akagira umwuga kuko ufite umwuga azi neza atawusonzanya, adasabiriza, atandavura, adasuzugurwa na buri wese.
Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga