• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
14/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
14/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
14/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Kamonyi-Nyarubaka: Kwibuka ntibyari gushoboka iyo hatabaho Inkotanyi-Visi Meya Uzziel Niyongira

Umwanditsi
April 29, 2025

Ubuyobozi n’Abaturage b’Umurenge wa Nyarubaka ho mu Karere ka Kamonyi kuri uyu wa 28 Mata 2025, bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyabanjirijwe no kunamira no gushyira indabo ahiciwe abana b’Abahungu basaga ijana(100). Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Uzziel Niyongira yabwiye abaje kwibuka ko“ iyo hataba INKOTANYI ngo zihagarike Jenoside, zibohore uru Rwanda ibi bikorwa turimo ntabwo biba bishoboka. Kwibuka ntibyari gushoboka iyo hatabaho INKOTANYI”.

Visi Meya Niyongira, ahereye ku buhamya bwatanzwe n’Umubyeyi warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yabwiye buri wese mu baje Kwibuka yaba Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda ko nta n’umwe ukwiye gushidikanya ko Inkotanyi ari Zahabu y’iki Gihugu kuko arizo zabashije kweyura Umwijima Igihugu cyari kirimo, Abanyarwanda bakabona Umucyo.

Kwibuka byabanjirijwe no kunamira ndetse no gushyira Indabo ahiciwe Abana b’Abahungu basaga 100.

Yahumurije kandi yihanganisha Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yibutsa ko“ Kwibuka Twiyubaka” biva ku kuba Igihugu hari aho kivuye ndetse n’aho kigeze bitewe n’imiyiborere myiza ndetse n’Ubwitange bw’Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi, zikabohora u Rwanda zirangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Yagize kandi ati“ Kwibuka ni igikorwa cyo gusubiza abishwe agaciro bambuwe, kandi na none iyo twibuka duhumuriza abarokotse Jenoside yakorerwaga Abatutsi. Aba ari umwanya mwiza wo kubahumuriza no kwifatanya nabo, kandi Kwibuka biduha imbaraga zo kwiyubaka no kubaka Igihugu cyacu twifuza ko kigomba kuba Igihugu kitarangwamo Ingengabitekerezo ya Jenoside, ntizongere kubaho ukundi”.

Visi Meya Uzziel Niyongira.

Yibukije kandi ko Kwibuka havamo imbaraga zo guhangana n’ingaruka zakuruwe na Jenoside zikibangamiye umuryango nyarwanda by’umwihariko abayirokotse batishoboye.

Nyuma y’uko bigaragaye ko muri iki gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Nyarubaka hari abantu bagaragaweho n’Ingengabitekerezo ya Jenoside, Visi Meya Uzziel yasabye Abaturage ba Nyarubaka kwitandukanya n’abagifite imyumvire, imikorere n’imigirire bigaragaramo Ingengabitekerezo ya Jenoside.

Yashishikarije buri wese gutanga amakuru kugira ngo uwo ariwe wese ugaragaweho n’imvugo ndetse n’ibikorwa biganisha ku ngengabitekerezo ya Jenoside afatwe ashyikirizwe amategeko amukanire urumukwiye.

Visi Meya Niyongira Uzziel, yijeje Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ko ibibazo bitandukanye bikomoka ku ngaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko ibijyanye n’imibereho y’Abarokotse Jenoside batishoboye, ko Ubuyobozi buzakomeza gufayanya n’Abaturage ndetse n’abafatanyabikorwa kubishakira ibisubizo kugira ngo buri wese abashe kubyaza umusaruro amahirwe ahari Igihugu gitanga kugira ngo hatagira uheranwa n’amateka mabi ndetse n’Ubukene.

Kimwe no mu bindi bice bitandukanye by’Igihugu, Nyarubaka yabayemo Jenoside yakorewe Abatutsi ariko igira umwihariko wo kugira agace k’amateka mabi ashaririye aho abana b’Abahungu basaga 100 bishwe nabi cyane.

Inkuru yihariye ku iyicwa ry’aba bana b’Abahungu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi tuzagira igihe cyo kuyigarukaho, cyane ko hari n’umunsi wihariye wo kubazirikana no kubunamira, aho biciwe.


Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga