• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/06/25
Kamonyi-Kwibuka 31: Umuntu arema undi amuhaye urugero-Dr Jaribu Théogène
01/06/25
Kamonyi: Perezida wa Njyanama y’Akarere yasabye Abajyanama kwibuka ko bafitanye Igihango n’Abaturage
01/06/25
Kamonyi-Rukoma: Imirambo y’abantu 2 yabonywe mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro
01/06/25
Kamonyi-Rukoma: Umurambo w’umugabo wasanzwe umanitse mu kiraro cy’ingurube

Kamonyi-Kwibuka 31: Umuntu arema undi amuhaye urugero-Dr Jaribu Théogène

Umwanditsi
May 30, 2025

Mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko abari Abakozi, Abarwayi n’Abarwaza mu bitaro bya Remera Rukoma n’ibigo nderabuzima bishwe mu 1994, Umuyobozi mukuru w’ibi bitaro, Dogiteri Jaribu Théogène avuga ko nyuma y’imyaka 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ibaye, ibitaro ayoboye bishyize imbere umuco wo gushishikariza abakozi kugira imibanire myiza rwagati muri bo, kwakira neza ababagana birinda icyo aricyo cyose cyabacamo ibice, bashyira imbere gahunda ya Ndumunyarwanda.

Dr Jaribu Théogène, avuga ko mu kwimakaza indangagaciro zikwiye kuranga umukozi n’abagana ibitaro ayobora, bagira ibihe byo kuganira hagati mu bakozi bakabasaba kuba urugero rwiza rw’ubumwe bugamije kwirinda amacakuburi aho yava hose.

Dr Jaribu Théogène/Ibitaro bya Remera Rukoma.

Agira kandi ati“ Turaganira tukabasaba kwitabira gahunda zose zashyizweho mu nzira y’Ubumwe n’Ubwiyunge, kwitabira no kugira uruhare mu biganiro bitangwa kuko umuntu uko yiga, uko aganirizwa agenda ahinduka. Rero nk’ubuyobozi bw’Ibitaro tugira uruhare mu gushishikariza abakozi kuganira birinda ikintu cyose cyabatandukanya mu kigo kuko umuntu arema undi amuhaye urugero, iyo utarumuhaye udaciye ikintu cyose cyatuma haba intandaro y’amacakuburi mu kigo, ubwo nta somo twaba dutanga”.

Kuba mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi hari bamwe mu bakozi bo kwa muganga barimo n’Abadogiteri bijanditse mu kwica Abatutsi, Dogiteri Jaribu avuga ko ibyabaye bikwiye kuba isomo kuri buri mukozi wo kwa muganga, akarushaho gutekereza akaba ukiza ubuzima kurusha kubuvutsa abo bakwiye kuba bafasha kubaho.

Agura ati“ Umukoro ibyabaye byadusigiye nk’abantu dushinzwe kubungabunga ubuzima no guha abantu ubuzima, ni ukongera kwibutsa abaganga Umuhamagaro wabo, Amahame ngengamyitwarire mu mwuga”. Akomeza avuga kandi ko bafite umukoro wo kugeza gahunda ya Leta y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu bakozi bose hagamijwe gukumira Ingengabitekerezo ya Jenoside aho yaturuka hose.

Avuga kandi ko kuba mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi hari bamwe mu baganga bishe abo bari bakwiye kuba baha Ubuzima bisobanura gutsindwa kw’inzego z’Ubuzima zari zihari.

Dr Jaribu Théogène, ahamya ko zaba Indangagaciro za Kinyarwanda, zaba izo kwa muganga, zose ngo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi umuganga wishoye mu bwicanyi yaratandukiriye akora amahano, anyuranya n’ibyo asabwa n’umwuga.

Ajya inama ndetse agasaba ko ibyabaye bikwiye guha buri muganga wese isomo agaharanira kugarura izo ndangagaciro bamwe mu baganga biyambuye bakijandika mu bikorwa bibi bya Jenoside yakorewe Abatutsi, bakica abo bari bakwiye guha ubuzima.

Abibutswe mu bitaro bya Remera Rukoma ni abamaze kumemyekana ariko kandi hakaba hakiri abandi batarabasha kumenya, basaba ko uwagira amakuru wese yaba ku bari abakozi mu Bitaro bya Remera Rukoma ndetse no mu bigo nderabuzima ahiciwe Abatutsi, ayo makuru ngo arakenewe.

Uretse abakozi bane n’Umurwazwa bibukwa nk’abari mu bitaro bya Remera Rukoma, amazina yabo akaba ananditswe ku kimenyetso cy’amateka gihari, hari n’abandi bakozi, abarwayì n’Abarwaza biciwe mu bigo nderabuzima nka; Karangara, Kayenzi, Musambira, Mugina Kigese na gihara bataramenyekana.

Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5805 Posts

Politiki

4056 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

994 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga