• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
06/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
06/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo
06/12/25
Ab’Imyumvire iganisha ku kugumura Abaturage bahawe“GASOPO”, babwirwa itegeko n’Ibihano

Umunyamakuru muzima ni uriho si uwapfuye-Me Jean Paul Ibambe

Umwanditsi
July 17, 2025

Umunyamategeko Me Jean Paul Ibambe, akebura ndetse akagira inama abanyamakuru by’umwihariko abatara inkuru mu bihe by’intambara, by’Imidugararo n’amakimbirane. Asaba abakora uyu mwuga wo gutara, gutunganya no gutangaza inkuru kugira imyitwarire iboneye idaha icyuho impande zihanganye kuko ikosa rito rimuviramo gufatwa nk’umwanzi bikaba byashyira ubuzima bwe mu kaga. Yibutsa ko“ Umunyamakuru muzima ari uriho atari uwapfuye”.

Mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru wa intyoza.com, Me Jean Paul Ibambe avuga ko nubwo hari uko amategeko y’intambara(International Humanitarian Low) agena uko umunyamakuru uri mu kazi ke arindwa cyane cyane mu bihe nk’ibyo by’Intambara, Imidugararo n’Amakimbirane, ahamya ko uyu ariwe wa mbere ukwiye kumenya uko yirinda igihe ari mu kazi kugira ngo atagira uruhande ruhanganye n’urundi aha icyuho akaba yafatwa nk’umwanzi.

Yibutsa ko mu gihe umunyamakuru ari mu kazi ke nk’uko n’ubusanzwe amahame y’umwuga abivuga, ntakwiye na rimwe kugira uruhande abogamiraho mu zihanganye kuko ibyo bishobora guha icyuho umwe mu bahanganye ku mubona nk’umwanzi.

Agira kandi ati“ Umunyamakuru akazi aba arimo gukora si ake, ahubwo abaturage cyangwa se abamukurikira mu bitangazamakuru akorera mu mpande zose baba bakeneye kumenya ibiri kuba kugira ngo nabo bagire amakuru”.

Ahamya ko uko amategeko ateganya uko umunyamakuru uri mu kazi ke arindwa mu buryo bwihariye ngo ni nako ateganya ibyo asabwa kubahiriza no gukurikiza birimo no; kuba afite ibyangombwa by’akazi bimuranga, uburyo bw’imyambarire bugaragaza ko ari umunyamakuru, ibyangombwa agomba gushaka bimwemerera kujya gushaka inkuru aho hantu habera Intambara, Imidugararo cyangwa se Amakimbirane.

Me Jean Paul Ibambe agira kandi ati“ Abanyamakuru batara inkuru cyangwa se bashobora kugera ahari kubera Imirwano, Imidugararo n’Amakimbirane, aho batara, batunganya bakanatangaza inkuru mu byo basabwa kwitwararikaho harimo kwita cyane ku bijyanye n’umutekano wabo kubera ko; Umunyamakuru muzima ni uriho si uwapfuye”.

Me Jean Paul Ibambe, yibutsa Abanyamakuru ko nubwo nta gihe na kimwe Umunyamakuru adasabwa kuba umunyamwuga mu kazi ke ka buri munsi, by’umwihariko ngo mu bihe nk’ibi by’Intambara, Imidugararo n’Amakimbirane ngo ni ibihe kuri we biba bidasanzwe, bisaba kwita cyane ku bunyamwuga kurusha ibindi bihe kuko ari ibihe biba birimo ibyago byinshi byo kuba yahaburira ubuzima mu gihe yagira aho ateshuka.

Munyaneza Théogène 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5928 Posts

Politiki

4177 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1040 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga