• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/07/25
Umunyamakuru muzima ni uriho si uwapfuye-Me Jean Paul Ibambe
18/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: URUGAGA RW’ABAYOBOZI ku Mudugudu rwabaye igisubizo ku mibereho myiza y’Umuturage
18/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
18/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira

Umunyamakuru muzima ni uriho si uwapfuye-Me Jean Paul Ibambe

Umwanditsi
July 17, 2025

Umunyamategeko Me Jean Paul Ibambe, akebura ndetse akagira inama abanyamakuru by’umwihariko abatara inkuru mu bihe by’intambara, by’Imidugararo n’amakimbirane. Asaba abakora uyu mwuga wo gutara, gutunganya no gutangaza inkuru kugira imyitwarire iboneye idaha icyuho impande zihanganye kuko ikosa rito rimuviramo gufatwa nk’umwanzi bikaba byashyira ubuzima bwe mu kaga. Yibutsa ko“ Umunyamakuru muzima ari uriho atari uwapfuye”.

Mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru wa intyoza.com, Me Jean Paul Ibambe avuga ko nubwo hari uko amategeko y’intambara(International Humanitarian Low) agena uko umunyamakuru uri mu kazi ke arindwa cyane cyane mu bihe nk’ibyo by’Intambara, Imidugararo n’Amakimbirane, ahamya ko uyu ariwe wa mbere ukwiye kumenya uko yirinda igihe ari mu kazi kugira ngo atagira uruhande ruhanganye n’urundi aha icyuho akaba yafatwa nk’umwanzi.

Yibutsa ko mu gihe umunyamakuru ari mu kazi ke nk’uko n’ubusanzwe amahame y’umwuga abivuga, ntakwiye na rimwe kugira uruhande abogamiraho mu zihanganye kuko ibyo bishobora guha icyuho umwe mu bahanganye ku mubona nk’umwanzi.

Agira kandi ati“ Umunyamakuru akazi aba arimo gukora si ake, ahubwo abaturage cyangwa se abamukurikira mu bitangazamakuru akorera mu mpande zose baba bakeneye kumenya ibiri kuba kugira ngo nabo bagire amakuru”.

Ahamya ko uko amategeko ateganya uko umunyamakuru uri mu kazi ke arindwa mu buryo bwihariye ngo ni nako ateganya ibyo asabwa kubahiriza no gukurikiza birimo no; kuba afite ibyangombwa by’akazi bimuranga, uburyo bw’imyambarire bugaragaza ko ari umunyamakuru, ibyangombwa agomba gushaka bimwemerera kujya gushaka inkuru aho hantu habera Intambara, Imidugararo cyangwa se Amakimbirane.

Me Jean Paul Ibambe agira kandi ati“ Abanyamakuru batara inkuru cyangwa se bashobora kugera ahari kubera Imirwano, Imidugararo n’Amakimbirane, aho batara, batunganya bakanatangaza inkuru mu byo basabwa kwitwararikaho harimo kwita cyane ku bijyanye n’umutekano wabo kubera ko; Umunyamakuru muzima ni uriho si uwapfuye”.

Me Jean Paul Ibambe, yibutsa Abanyamakuru ko nubwo nta gihe na kimwe Umunyamakuru adasabwa kuba umunyamwuga mu kazi ke ka buri munsi, by’umwihariko ngo mu bihe nk’ibi by’Intambara, Imidugararo n’Amakimbirane ngo ni ibihe kuri we biba bidasanzwe, bisaba kwita cyane ku bunyamwuga kurusha ibindi bihe kuko ari ibihe biba birimo ibyago byinshi byo kuba yahaburira ubuzima mu gihe yagira aho ateshuka.

Munyaneza Théogène 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5835 Posts

Politiki

4086 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1000 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga