• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Huye: Polisi yataye muri yombi abakekwaho Ubujura no gutegera abantu mu nzira

Umwanditsi
July 31, 2025

Kuri uyu wa 30 Nyakanga 2025, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye ku bufatanye n’inzego z’ibanze hamwe n’Abaturage bo mu Murenge wa Gishamvu na Ngoma, bafashe abasore icyenda(9). Abafashwe, bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’Abaturage, aribyo; Ubujura butobora mazu, Gutega abantu bagenda bakabambura ibyabo n’ibindi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko gufatwa kw’aba bakekwaho ibyo bikorwa bibi bihungabanya Umutekano w’Abaturage byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, Polisi igategura umukwabo wo kubahiga kugira ngo bashyikirizwe amategeko bakurikiranwe.

Avuga ko bimwe mu bikoresho bifashishaga muri ibyo bikorwa bigayitse bakoraga ari Intwaro Gakondo zirimo; Imihoro, Ibyuma, Amatindo n’ibindi.

CIP Hassan, avuga ko Polisi y’u Rwanda ishimira abaturage ku ruhare bakomeje kuyigaragariza batanga amakuru neza kandi bakayatangira ku gihe, ibyo bikaba bifasha mu gukumira no kurwanya ibyaha n’ababikora.

Mu butumwa bwa Polisi, CIP Hassan Kamanzi avuga ko Polisi y’u Rwanda itazihanganira uwo ariwe wese ukora ibinyuranije n’amategeko. Asaba buri wese gukora ibyemewe, ko kandi utazahinduka atazihanganirwa, azafatwa agashyikirizwa amategeko akamukanira urumukwiye.
Aba basore bose uko ari icyenda, bagitabwa muri yombi bahise bajyanwa kuri Sitasiyo ya RIB iherereye mu Murenge wa Ngoma, aho iperereza ku byaha bakekwaho rikomeje kugira ngo hakorwe neza Dosiye bashyikirizwe Amategeko.
Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga