• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
07/04/26
Kamonyi-Kwibuka32: Guverineri Alice Kayitesi yasabye Ababyeyi kudakomeza kuroga abo babyara babikoreza imitwaro yabananiye
07/04/26
Kamonyi-ESB: N’Utsindwa yatsinda-Padiri Majyambere Jean d’Amour
07/04/26
Kamonyi: Kwegera Umworozi ntibikwiye kuba gusa igihe itungo rye ryagize ikibazo-Visi Meya Uzziel
07/04/26
Kamonyi-Karama/Umuganda: Abaturage basabwe kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside n’Imvugo z’urwango

Kamonyi-Rugalika: Itsinda ry’abakekwaho ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Umwanditsi
August 19, 2025

Kuri uyu wa 19 Kanama 2025 ku bufatanye bwa Polisi n’Abaturage, mu Kagari ka Kigese, Umurenge wa Rugalika ho mu Karere ka Kamonyi hafatiwe itsinda ry’Abagabo bane bakurikiranyweho ubugizi bwa nabi bakorera abaturage burimo; Ubujura n’ibindi bikorwa bibi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko iri tsinda ry’aba bagabo bane bakekwaho ubugizi bwa nabi bafashwe ku makuru yatanzwe na bamwe mu baturage bamaze gusobanukirwa ko kudahishira ikibi n’abagikora ari uruhare rwabo mu gukumira no kurwanya ibyaha.

CIP Hassan Kamanzi, avuga ko ibyaha abafashwe bakekwaho birimo; Ubugizi bwa nabi buhungabanya umutekano n’ituze ry’Abaturage aribyo; Ubujura butega igico, Gutobora Inzu bakiba imyaka ya baturage n’ibindi bitandukanye basanze.

Abafashwe bose uko ari bane bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi na RIB ya Runda ari nabo bashinzwe Umurenge wa Rugalika. Ni mu gihe kandi nyuma yo gufatwa, Ubugenzacyaha-RIB batangiye iperereza ku byaha bakekwaho kugira ngo bashyikirizwe amategeko abakanire urubakwiye.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi avuga ko Polisi ishimira Abaturage bakomeje kuba indashyikirwa mu bikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha batanga amakuru neza kandi ku gihe. Avuga kandi ko Polisi iburira abishora mu byaha, ibabwira ko amayeri bakoresha akomeje gutahurwa, ko kandi nta gahenge Polisi izigera iha uwo ariwe wese ukora ibikorwa bigize ibyaha, ko izahiga buri wese ubirimo agafatwa agashyikirizwa Amategeko akamukanira urumukwiye.
Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5946 Posts

Politiki

4195 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga