• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/08/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
27/08/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira
27/08/25
Kamonyi: Barashimira Perezida Kagame wabasubije Ubuzima akabaha izina rishya”INTWAZA”
27/08/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Kwesa Imihigo 98 n’indi yihariye byabaheshe guhiga indi mirenge y’Akarere

Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye

Umwanditsi
August 27, 2025

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo buvuga ko mu gihe cy’amezi atandatu(6) ashize, guhera mu kwezi kwa Kabiri(2) uyu mwaka wa 2025 bwataye muri yombi abakekwaho gukora ibyaha 1,615 mu bice bitandukanye bigize uturere 8 tw’Intara y’Amajyepfo. Ni ibikorwa Polisi ivuga ko yagezeho ku bufatanye n’Abaturage bamaze gusobanukirwa ko gutanga amakuru neza kandi ku gihe ari umusanzu ukomeye kuri bo mu gukukira no kurwanya ibyaha.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko muri rusange umutekano muri iyi ntara wifashe neza. Ahamya ko ibyo bigaragarira cyane m’Ubufatanye buri hagati y’Abaturage, Inzego z’Ibanze, aho ubwo bufatanye bushingiye ahanini ku kuba abaturage bamaze kumva no gusobanukirwa uruhare rwabo rwo gutanga amakuru neza kandi ku gihe hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha.
CIP Hassan, avuga ko guhera mu kwezi kwa Gashyantare( kwa 2) kugera mu kwezi kwa Nyakanga (kwa 7) uyu mwaka wa 2025, Ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, Abaturage hamwe n’Inzego z’Ibanze bwatanze umusaruro ushimishije kuko abantu 1,615 bakekwa batawe muri yombi.

Avuga ko abashwe bose bagashyikirizwa Ubugenzacyaha/RIB bakekwaho gukora ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano wa baturage aribyo; Ubujura bwo kwiba Amatungo, Imyaka, Gutega abantu bakabambura no Gutobora Inzu n’ibindi.

Muri aba bafashwe uko ari 1,615 harimo 735 batawe muri yombi na Polisi bataragera ku mugambi wabo, 541 bafatiwe mu cyuho naho abandi 339 bafatwa nyuma yo kugurisha ibyo baribamaze kwiba.

CIP Hassan Kamanzi, avuga ko Polisi y’u Rwanda iburira ndetse ikagira inama by’umwihariko urubyiruko ari nabo bagize umubare munini w’abafatiwe muri ibi bikorwa bigayitse gukura amaboko mu mifuka bagakora ibikorwa byiza bibateza imbere. Ni mu gihe kandi Polisi iburira undi wese ugifite imitekerereze n’imigirire mibi igamije guhungabanya umutekano n’ituze ry’Abaturage kubireka kuko kwiba atari umwuga ahubwo ari icyaha gihanwa n’amategeko, ko kandi Polisi itazigera iha amahwemo uwo ariwe wese ukekwa.
Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5851 Posts

Politiki

4102 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

81 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga