• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
22/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu
22/10/25
Ibiceri 200 gusa byamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni na magana atatu muri FORTEBET
22/10/25
Kamonyi-Mugina: Inteko rusange y’abahoze ari Abarobyi bakaza guhinduka abahinzi b’Umuceri yasojwe habura Ingumi

Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Umwanditsi
September 6, 2025

Kuri uyu wa 06 Nzeri 2025, ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gisagara, ku makuru yahawe n’abaturage bamaze kumenya agaciro ko kurwanya ibyaha n’ababikora, hatawe muri yombi abagabo babiri barimo Umuyobozi w’ikigo cy’Ishuri ribanza/EP TAMBA riherereye mu Murenge wa Save.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko abafashwe uko ari babiri, bakekwaho kwiba ibiryo by’Abanyeshuri bakabipakira Moto bikajya kugurishwa.

Ibiryo bafatanywe ni; Ibishyimbo bingana n’ibiro ijana(100kg), ifu ya Kawunga ingana n’ibiro 125 hamwe n’Amavuta yo guteka angana na Litiro 40.

Abafashwe nk’uko CIP Hassan Kamanzi yabibwiye intyoza.com, bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Save mu gihe Ubugenzacyaha/RIB bwatangiye kubakurikirana. Ni mu gihe kandi ibyo bafatanywe byasubijwe ku ishuri kugira ngo bigaburirwe abana nk’uko byari byaragenwe.

CIP Hassan Kamanzi, avuga ko Polisi isaba abaturage gukomeza umuco mwiza wo gutanga amakuru neza kandi ku gihe hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha n’ababikora.
CIP Hassan Kamanzi, avuga kandi ko Polisi igaya bamwe mu bayobozi b’Ibigo by’amashuri bumva ko bakwicisha abanyeshuri inzara, aho usanga ibyakabatunze hari bamwe babigurisha.

Abayobozi bameze batyo n’abandi babitekereza, baributswa ko nta narimwe Polisi izigera yihanganira abantu nk’abo, ko uzafatwa wese azajya ashyikirizwa amategeko akamukanira urumukwiye kuko Polisi ihora iri maso kandi n’abaturage bakaba bamaze gusobanukirwa neza akamaro ko gutanga amakuru neza kandi ku gihe.
intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5896 Posts

Politiki

4147 Posts

Ubuhinzi

149 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

149 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga