• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
13/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
13/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
13/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda

Umwanditsi
September 12, 2025

Nyuma y’uko kuri uyu wa 12 Nzeri 2025 Polisi y’u Rwanda itangarije ko yamaze guta muri yombi umwe mu bantu bagaragaye mu mashusho batemagura Umukobwa bari baryamishije hasi i Nyamirambo, Rwampara, abagaragaye bose muri ayo mashusho bamaze gutabwa muri yombi. Ikimenyetso si musiga cy’uko gukora icyaha ku butaka bw’u Rwanda bigoye kwihisha kuko inzego z’Umutekano zimaze kwerekana kenshi ko bitinde bitebuke ukekwa arashakishwa agafatwa.

Mu itangazo Polisi y’u Rwanda yanyujije ku rubuga rwayo rwa X rwahoze rwitwa Twitter, yagize iti“ Turabamenyesha ko abantu babiri bari basigaye mubagaragaye mu mashusho bakorera igikorwa cy’ubugome umuturage wo mu kagari ka Rwampara bose bafashwe”.

Kuva Polisi yatangaza ko umwe mu bagaragaye mu mashusho batemagura uwo muturage yatawe muri yombi, abatari bake bagize icyo bavuga ku butumwa bwa Polisi bw’uko bose batawe muri yombi, bagaragaje ko aba bafashwe bakwiye guhanwa by’intangarugero.

Hari n’abatatinye kugaragaza ko aba bakwiye igihano kirenze gukatirwa igihano cy’Igifungo cya burundu, bakicwa nk’uko amakuru acaracara ku mbuga nkoranyambaga avuga ko aba basanzwe ari ikipe itari ntoya ikora ibikorwa bibi birimo gutega abantu bakabica, abandi bagahohoterwa mu buryo butandukanye. Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi

Nubwo abo Polisi y’u Rwanda ivuga ko yamaze guta muri yombi ari batatu bagaragaye mu mashusho, hari amakuru yakomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga avuga ko aba batawe muri yombi bagize itsinda rigari ry’abagizi ba nabi bagera kuri barindwi b’Abanyarwanda n’Abanyamahanga bakora ibikorwa bibi birimo n’Ubwicanyi bakorera abaturage.
intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga