• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari
17/09/25
Indege itagira umupirote( Drone) y’Igisirikare cy’u Rwanda yakomerekeje Abanyeshuri
17/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
17/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda

Indege itagira umupirote( Drone) y’Igisirikare cy’u Rwanda yakomerekeje Abanyeshuri

Umwanditsi
September 17, 2025

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa 16 Nzeri 2025 kibinyujije ku rubugwa rwa X (rwahoze rwitwa Twitter) cyasohoye itangazo rivuga ko hari indege(Drone) ya RDF yakoreye impanuka mu karere ka Rutsiro mu gihe yari mu myitozo igata inzira yayo kubera ikirere kitari kimeze neza.

Nk’uko iri tangazo rya RDF ryanyujijwe kuri X ribivuga, iyi mpanuka yabaye ku manywa yo kuri uyu wa Kabiri ku i saa Saba n’iminota mirongo ine. Ni itangazo kandi Igisirikare cy’u Rwanda kivugamo ko iyi mpanuka, Drone yakomerekeje abanyeshuri batatu bari bavuye ku ishuri bataha berekeza mu rugo.

Itangazo riragira riti“ Babiri barimo kuvurirwa ku Kigo Nderabuzima cya Kivumu, naho uwa gatatu yajyanwe kuvurirwa ku Bitaro bya Murunda”.

Rikomeza rigira riti“ Ingabo z’u Rwanda zirihanganisha imiryango y’aba bana bakomeretse ndetse zibabajwe n’ibibazo batewe n’iyi mpanuka”.

Ifoto ya Drone yakuwe kuri internet.

Igisirikare cy’u Rwanda(RDF), muri iri tangazo cyavuze ko kirimo gufatanya n’inzego z’Ubuyobozi bw’Ibanze ndetse n’Abaganga kugira ngo abana bahuye n’ikibazo cyz’iyi mpanuka bitabweho, bahabwe ubuvuzi bukwiye kandi ko RDF izatanga ubufasha nkenerwa haba kuri aba bana ndetse n’imiryango yabo.

Itangazo rya RDF.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5866 Posts

Politiki

4117 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1010 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga