• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari
17/09/25
Indege itagira umupirote( Drone) y’Igisirikare cy’u Rwanda yakomerekeje Abanyeshuri
17/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
17/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda

Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Umwanditsi
September 17, 2025

Bamwe mu ba Nyakayenzi, abahatuye n’abahavuka bagiye gushakira ubuzima hirya no hino, imyaka irasaga itanu bikoze ku mufuka bagatanga amafaranga yo gukora urugendo shuri ku Mulindi w’Intwari, ahari Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo kubohora Igihugu. Abatanze amafaranga, bategereje inkuru y’urugendo baraheba kuko nta rwabaye, ariko kandi banabuze ugusubizwa amafaranga batanze.

Abatari bake mu baganiriye n’Umunyamakuru wa intyoza.com, bavuga ko ari amafaranga batanze, ari urugendo bagombaga gukora byose nta nakimwe babonye. Bibaza amaherezo kuko imyaka irasaga itanu. Bamwe bati“ Amafaranga twatanze iyo tuyacuruza aba yarungutse, iyo tuyikenuza nabyo bikagira inzira”.

Mu baganiriye na intyoza.com ariko batifuje ko imyirondoro yabo ishyirwa mu nkuru, bavuga ko igitekerezo cyo gusura Ingoro y’Amateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu cyatangiye ahagana mu mwaka wa 2019, aho bakangurirwaga gukora urugendo rwerekeza ku Mulindi w’Intwari bagamije kwigira kuri ayo mateka y’Ubutwari yaranze INKOTANYI.

Amafaranga yasabwaga buri umwe, yari amafaranga y’u Rwanda ibihumbi Cumi na bitandatu y’u Rwanda(16,000Frws), yari abariwemo ay’urugendo ndetse n’imipira bagombaga kugenda bambaye nk’abagiye mu gikorwa kimwe.

Amafaranga y’Abanyakayenzi yaheze he, byagenze gute ngo bisange batagiye mu rugendo ariko kandi nti banasubizwe amafaranga batanze ngo bayakoreshe ibindi?

Prudence Rukundo, yatorewe kuba uhagarariye iki gikorwa ndetse amenshi mu mafaranga yamunyuze mu ntoki. Gusa, avuga ko kugeza uyu munsi atazi ingano y’ayatanzwe. Yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko umubare w’abiyandikishije usaga abantu mirongo inani( Urutonde intyoza.com ifite ruriho abantu 150) bose biyemeje guhuzwa n’uru rugendo bakarwigiramo byinshi birimo Ubutwari bw’Inkotanyi mu rugamba rwo kubohora Igihugu, ariko kandi nabo ubwabo nk’Abanyakayenzi bagahura bakaganira, bagasabana abadaherukana bagasuhuzanya.

Aganira n’Umunyamakuru, Rukundo yavuze ko nubwo igihe gishize ari kirekire ariko ko igikorwa nyirizina kitaheze, ko kandi imwe mu mpamvu yatumye kidakorwa ishingiye ku kuba ubwo byategurwaga hahise haduka icyorezo cya Covid 19, nyuma y’aho bagenda bagira imbogamizi zatumye bidakorwa.

Ahamya ko nyuma y’iki gihe cyose, uyu munsi imyiteguro bayigeze kure ndetse ko bamaze gufata itariki ya 11 z’ukwezi ku Kwakira(10), aribwo igikorwa nyirizina kigomba gusubukurwa, abishyuye ndetse n’abandi bifuza kujya muri uru rugendo bakaba bagiye guhuza imbaraga kugira ngo hatagira ikizongera gukoma mu nkokora uru rugendo.

Nubwo Prudence Rukundo yemereye umunyamakuru ko imyiteguro bayigeze kure ndetse bakaba barahawe itariki ya 11 z’Ukwezi kwa 10 yo kuba ariho bazasura ku Mulindi w’Intwari, benshi mu baganiriye n’umunyamakuru bavuga ko nta makuru y’urugendo bazi, ko ndetse n’urubuga bamwe bahuriraho nta byahavugiwe ngo bahabwe.

Amakuru agera ku intyoza.com ni ay’uko mu mafaranga ibihumbi 16 buri wese yiyemeje gutanga( hari n’abemeye gutanga arenga), uko ibintu byari bipanze bishobora guhinduka bitewe n’uko Ubuyobozi bw’ahazasurwa ngo bwabwiye abategura iki gikorwa ko abantu barenga 20 buri wese asabwa kwishyura amafaranga agera mu bihumbi bine y’u Rwanda.

Kuba umubare w’abazajya muri uru rugendo n’urenga abantu 20 buri umwe azinjira ahasurwa ari uko yishyuye ibihumbi bine, Rukundo Prudence ukuriye itsinda ryateguye uru rugendo yabwiye intyoza.com ko aho kuzagenda bambaye imipira ibaranga, aya mafaranga yo kwinjira ku Mulindi ashobora kuzakurwa muri bya 16 agasimbuzwa kwambara imipira aho kugira ngo basabwe andi mafaranga.

Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5866 Posts

Politiki

4117 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1010 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga