• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/12/25
Umuyobozi wa Polisi, IGP, CG Felix Namuhoranye ntiyumva uburyo Akarere gatwara imodoka yahembwe Umurenge
18/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
18/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
18/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo

Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge

Umwanditsi
November 5, 2025

Mu Mudugudu wa Kabuga, Akagari ka Bitare, Umurenge wa Karama, Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa 05 Ugushyingo 2025, ku bufatanye bwa Polisi, Abaturage hamwe n’Inzego z’Ibanze hafashwe Abagabo babiri(2) bakekwaho Gucuruza no Gukwirakwiza Ibiyobyabwenge. Bafatanywe udupfunyika 85 tw’Urumogi.

Umuvugizi wa Pollisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko ku makuru bahawe na bamwe mu baturage bamaze kumenya no gusobanukirwa uruhare rwabo rwo gutanga amakuru bagamije gukumira no kurwanya ibyaha, Polisi y’u Rwanda ifatanije n’Abaturage hamwe n’Inzego z’Ibanze bafashe Abagabo babiri(2) bakekwaho icuruza n’ikwirakwizwa ry’Ibiyobyabwenge.

CIP Hassan Kamanzi, avuga ko aba bagabo bagitabwa muri yombi bahise bajyanwa gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi na RIB ya Kayenzi, ko kandi Ubugenzacyaha/RIB bwahise butangira iperereza ku byaha bakekwaho kugira ngo bashyikirizwe Amategeko abakanire urubakwiye.

Akomeza avuga ko Polisi ishimira Abaturage bakomeje kugira no kugaragaza imyumvire myiza yo gutanga amakuru neza kandi ku gihe hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha. Ahamya ko ibi bigaragaza ko kuba Umutekano ari inshingano rusange bikomeje kuba ihame mu muryango nyarwanda.

CIP Hassan Kamanzi, avuga ko Polisi isaba buri wese kwirinda gukora ibinyuranyije n’Amategeko by’umwihariko Gucuruza, Gukwirakwiza, Kunywa Urumogi kuko ibyo binyuranije n’Amategeko y’u Rwanda.

Abameze batyo kimwe n’ababitekereza, baragirwa inama yo kubireka kuko byangiza ubuzima bw’Abaturage by’Umwihariko Urubyiruko. Baributswa kandi ko ibyo bikorwa bigize icyaha gihanwa n’Amategeko, ko kandi ntawe Polisi izihanganira ndetse ko nta n’ahahari ho kuyicikira, ko uzajya abifatirwamo wese azajya ashyikirizwa Amategeko akabimuhanira.
intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5929 Posts

Politiki

4178 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga