• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/11/25
Ruhango-Kabagali: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho Ubujura bw’Intsinga z’Amashanyarazi yari atwaye
14/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko
14/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu
14/11/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET byamusabye gusa iminota 7 kugira ngo atsindire 247,860 Frws

Ruhango-Kabagali: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho Ubujura bw’Intsinga z’Amashanyarazi yari atwaye

Umwanditsi
November 14, 2025

Kuri uyu wa 14 Ugushyingo 2025, mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Kabagali, ku bufatanye bw’Inzego z’Ibanze n’Abaturage, Polisi y’u Rwanda ikorera muri aka Karere yafashe Umugabo w’Imyaka 42 y’amavuko ukekwaho ubujura bw’Insinga z’Amashanyarazi zipima Metero 40,(40m) z’Uburebure. Uwatawe muri yombi, intsinga yari azihetse ku igare zihishe mu mufuka yatangiye kuzishishura.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko kumenyekana kw’aya makuru byaturutse ku baturage bamaze kumva no gusobanukirwa uruhare rwabo mu Gukumira no kurwanya ibyaha batanga amakuru ku gihe kandi vuba.

Avuga ko akimara gufatwa yahise ajyanwa gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kabagali mu gihe Ubugenzacyaha/RIB bwahise butangira iperereza ku byaha uyu mugabo akurikiranyweho kugira ngo ashyikirizwe Amategeko.

CIP Kamanzi, avuga ko Polisi iburira buri wese ugifite Imitekerereze n’Imigirire igayitse, igamije kwangiza ibikorwa remezo by’Intsinga n’ibindi kubizibukira kuko ari icyaha gihanwa n’Amategeko. Yibutsa buri wese ko uzajya abifatirwamo wese amategeko azajya abimuhanira.

Polisi, irashimira Abaturage benshi bakomeje kugaragaza uruhare rwabo mu Bufatanye n’Imikoranire myiza na Polisi batanga Amakuru neza kandi ku gihe kugirango bifashe mu gukumira no kurwanya ibyaha. Barasabwa gukomereza aho ndetse bakaba ba Nkore neza bandebereho, barwanya Ikibi n’Abagikora.
intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5913 Posts

Politiki

4163 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1032 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga