• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
25/11/25
Kutamenyeshwa ku gihe ingengabihe y’itangira ry’Amashuri byica Igenamigambi ry’Ababyeyi
25/11/25
Ruhango/Ntongwe: Umuvunyi Mukuru yasabye ko Inteko z’Abaturage zibyazwa Umusaruro mu kubakemurira ibibazo
25/11/25
Kamonyi-Nyarubaka: Abantu 33 batawe muri yombi, bakurikiranyweho kugumura Abaturage
25/11/25
Kamonyi-Ngamba: Byatangiye ahagana mu rukerera basaba Abaturage guhunga

Ruhango/Ntongwe: Umuvunyi Mukuru yasabye ko Inteko z’Abaturage zibyazwa Umusaruro mu kubakemurira ibibazo

Umwanditsi
November 25, 2025

Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine ubwo kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2025 yari mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Ntongwe mu bukangurambaga bwo kwegera abaturage, yavuze ko hari ibibazo biba bikwiye gukemukira mu nteko z’Abaturage bidasabye ko Urwego rw’Umuvunyi ruhagera.

Nirere Madeleine, yavuze ko nubwo mu nteko z’Abaturage havugirwamo gahunda za Leta, ngo hari ibibazo bishyikirizwa urwego rw’Umuvunyi mu gihe rwasuye abaturage nyamara wareba ibibazo bagaragaje ugasanga byakabaye byarakemukiye mu nteko z’Abaturage ndetse no mu nteko z’Umuryango.

Umuvunyi Mukuru, yatanze urugero rw’ibibazo by’Izungura ari n’aho ahera avuga ko iterambere ry´Umuturage ridashobora kugerwaho mu gihe Umuturage atishimye. Ati“ Iterambere ry’Igihugu rijyana nuko Umuturage yishimye. Ntabwo Umuturage yatera imbere atishimye. Niyo mpamvu tuvuga ngo Inteko z´Abaturage ni zikoreshwe zibyazwe umusaruro. Bagiye bazanamo ibyo bibazo bakabiha umurongo, bakanabyandika niba ari n’uhanwa agahanwa byajya bifasha mu kugabanya ibibazo bihora mu manza”.

Yakomeje ababwira ko usibye no mu nteko z’Abaturage, hari n’Umugoroba w’Umuryango kandi nawo uhuriramo abantu, bityo ko bagiye bicara bakagira ibibazo baganiraho bakanabiha umurongo byafasha gukemura Amakimbirane akunze kugaragara mu miryango.

Yagize kandi“ Ibi tugomba kubitoza Abaturage ndetse tukabikorera hahandi duhurira kuko nk’Umugoroba w’Umuryango ubaye ubyajwe umusaruro aya makimbirane amaze igihe kinini, binyuze mu Mugoroba w’Umuryango ukababwira Amategeko ndetse n´Ibihano byajya bituma uwakoze amakosa yumva ko agomba kubazwa inshingano”.

Urwego rw’Umuvunyi ruvuga ko mu mwaka wa 2025, aho ugeze rumaze kwakira ibibazo 2305, aho muribyo ibingana na 999 babyakiriye mu buryo bw’Inyandiko, 1306 bikemuka mu buryo bwo gukumira no kurwanya akarengane. Muri ibyo, ibingana na 501 byakemuwe mu buryo bw’Inyandiko naho 1020 byakemuwe muri gahunda yo gukumira no kurwanya Akarengane.

N’ubwo hari ibibazo byakemutse, Urwego rw’Umuvunyi ruvuga ko hari n’Ibigikurikiranwa bingana na 604 mu nzego zitandukanye, hakaba 180 bigikurikiranwa n´Umuvunyi. Bivuze ko uru rwego rwakemuye bimwe mu bibazo rwakiriye ku kigero cya 83,3%.
Eric Habimana

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

No Comment! Be the first one.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5923 Posts

Politiki

4172 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1037 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga