Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo
Mu rugendo Abadepite bagiriye mu Karere ka Kamonyi mu mirenge itandukanye kuva tariki ya 25 kugera 29 Ugushyingo 2025, ubwo basuraga Umurenge wa Rugalika nyuma yo gusura ibikorwa bitandukanye byibanda ku Myubakire, Imiturire n’Imikoreshereze y’Ubutaka, basabye Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi kugira nibura Site Imwe y’Imiturire ntangarugero abandi bajya baza kwigiraho.
Depite Murora Beth, waje akuriye itsinda ry’Intumwa za Rubanda ndetse n’abandi bakozi b’Inteko Ishinga Amategeko bari kumwe, yatangiye abwira abitabiriye Inteko y’Abaturage yaje kuganira nabo ko uko yasanze Rugalika ndetse n’uko yaganiriye n’Abaturage byamuhaye ishusho y’uko Ifaranga ryabaryohanye, ko kandi bifuza Imiturire isobanutse.
Yagize kandi ati“ Nasanze Abaturage bo mu Murenge wa Rugalika aribo bisabira kujya muri Site y’Imiturire, ndetse n’aho Ubutaka bwagenewe Ubuhinzi usanga babaza ngo bo bahowe iki?, Kuki bwo butaba Site z’Imiturire?, Ifaranga ryararyoshye kandi rimwe na rimwe iyo ifaranga riryoshye nabyo tuge tubyitondera”.
Akomeza ati“ Nonese, Ubutaka nitumara kubutanga ngo babwubakemo amazu, tuzayarya?, Nti tuzasonza?. Niyo mpamvu rero Ubuyobozi bw’iki Gihugu budasinzira, burashaka ko Abanyarwanda batura neza, batura heza, bagira ibikorwa remezo byose ngenerwa mu iterambere ry’Umuntu ariko bukavuga buti; Turakoma Ubutaka bw’Ubuhinzi kuko Ubuhinzi ni Umurimo, Tudahinze nti twarya. Turahinga tukabona ibyo dutwara ku Isoko, ibyacu n’ibyo mu mahanga. Ntabwo dushobora gutura gusa ngo hanyuma nti duhinge”.
Depite Murora, ahereye ku byifuzo bya bamwe mu baturage b’umwe mu Mirenge basuye mbere yo kuza Rugalika, aho basabye ko Akarere gakwiye kugira Site y’Icyitegererezo abantu bajya kwigiraho, yasabye umuyobozi w’Akarere ka kamonyi, Dr Nahayo Sylvere wari muri iyi Nteko ko icyo cyifuzo cy’Abaturage Ubuyobozi bw’Akarere bwacyumva ndetse bukagishyira mu bikorwa.
Yavuze kandi ati“ Ntabwo wabura Site y’icyitegererezo mu Murenge, nubwo yaba itaraturwa ngo yubakwe uko bikwiye ariko uburyo imiturire yagenwe birimo biraza neza. Impamvu yo gutura mu ma Site no gutura neza bifite inyungu nyinshi zirimo; Kwegerezwa ibikorwa remezo. Ubundi mu Iterambere ryiza, ibikorwa remezo byubakwa mbere abantu bakaza babisanga, ariko iyo utuye nabi uteza ibibazo”.
Dr Nahayo Sylvere, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yabwiye intyoza.com ko Site yihariye y’Icyitegererezo mu Karere idashoboka kuko n’Ubundi ngo Site zitunganywa hagendewe ku byateguwe neza kandi zose zihuje.
Ati” Site y’Icyitegererezo, ngira ngo n’abantu twagiye twakira baturutse hirya no hino(Baje mu rugendo shuri), numva ko ibishushanyo mbonera( Physical Plan) bihari kandi harimo iby’ingenzi abantu baheraho. Ntabwo twavuga ko tugiye gushyiraho imwe gusa yihariye mu Karere, ahubwo izihari uko tugenda tuzitunganya kurusha, iby’ibanze bigiye bihari“.
Urugendo rw’izi ntumwa za Rubanda(Abadepite) ndetse n’abakozi bo mu nteko, ruri muri gahunda yateguwe mu Gihugu hose mu Turere dutandukanye, aho Abadepite n’Abakozi bo mu Nteko Ishinga Amategeko bavuye mu nyubako y’Inteko bajya kwegera Abaturage bagamije kureba no Kugenzura Ibikorwa by’Iterambere ry’Imijyi, Imiturire n’Imikoreshereze y’Ubutaka nubwo batabuze no kuganira ku zindi ngingo zirebana n’Imibereho myiza yabo.
Théogène Munyaneza
No Comment! Be the first one.