• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Ingabire Victoire,yabaye intandaro y’igitabo cyiswe “Qui manipule qui”

Umwanditsi
March 8, 2018

Alain Mukuralinda, wabaye mu bushinjacyaha bw’u Rwanda yashyize hanze igitabo kivuga ku buzima bwa Ingabire Victoire mu gihe cy’urubanza rwe. Iyandikwa ry’iki gitabo ngo ryatewe no kuba Alain Muku aho anyuze hose abantu bamubaza ibya Ingabire n’urubanza rwe.

Alain B. Mukuralinda, kuri uyu wa kane tariki 8 Werurwe 2018 yashyize ahagaragara igitabo yise ” Qui manipule qui”, iki gitabo ngo ni igisubiza ibibazo by’abakunze kuvuga ko u Rwanda rwahimbye ibimenyetso mu rubanza rwa Ingabire Victoire Umuhoza.

Amurika iki gitabo, Alain Muku yavuze ko intandaro yo kucyandika yaturutse ku guhora abazwa aho agiye hose ibya Ingabire.

Yatangaje ko kuva yahagarika akazi mu myaka itatu ishize, ngo aho anyuze hose bamubaza ibya Ingabire mu gihe cy’urubanza, ababimubaza ngo ugasanga bagendera ku marangamutima yabo. Ibyo guhora bamubaza kuri ingabire n’ibyabaye mu gihe cy’urubanza rwe ngo byatumye afata umwanya wo kwandika igitabo, bityo ngo ajye aganira nabo baramaze gusoma mu gitabo ibyabaye.

Muri iki gitabo, Alain Muku agaragaza mu buryo bwimbitse iby’urubanza rwa Ingabire Victoire Umuhoza, uko ibimenyetso byagendeweho byagiye biboneka n’uburyo ubushinjacyaha bw’u Rwanda ntaho buhurira no kuba bwari guhimba ibimenyetso.

Yagaragaje kandi muri iki gitabo ko hari ibimenyetso byatahuwe mu rugo rwa Ingabire aho yabaga mu gihugu cy’ Ubuholandi, byagaragazaga uburyo hari inama yagiranaga n’abo muri FDLR, hari kandi amafaranga yajyaga yohereza muri Congo mu barwanyi bagombaga ku mufasha mu mugambi we, byose byatahuwe iwe n’ibindi.

Alain B. Mukuralinda, yatangarije imbaga y’abitabiriye imurika ry’igitabo ” Qui manipule qui” bari biganjemo abanyamakuru ko ibimenyetso ubushinjacyaha bwari bufite ndetse bigashingirwaho mu guhamya ibyaha Ingabire Victoire Umuhoza ko ahubwo byari bike, ngo hari n’ibyagiye biboneka nyuma, ariko na none ngo ibyabonetse byari bihagije ngo ahamwe n’ibyaha yashinjwaga.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga