• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
16/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Kamonyi: Abapasitori batatu batawe muri yombi 

Umwanditsi
March 11, 2018

Abapasitori batatu bo mu matorero atandukanye abarizwa mu Murenge wa Rukoma batawe muri yombi mu gitondo cy’iki cyumweru tariki 11 Werurwe 2018. Ni nyuma yo gusanga barenze ku mabwiriza yo gufunga insengero bakiha kujya kuzisengeramo.

Abapasitori bafashwe ubu bakaba bari mu maboko ya Polisi aho bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rukoma ni; Pasitori HARERIMANA Andre wa EDNTR(Eglise de DEU et du Nouveau Testament au RWANDA),  Hari Pasitori MUNYEGAJU Innocent wa MCM(Miracle changing Ministry), Pastor SEBAGINA Zabron wa EUSPR(Eglise Unitaire Sainte Esprit au RWANDA).

Aba bapasitori batatu biyongeraho undi mu Pasitori wa kane watawe muri yombi kuri uyu wa gatandatu tariki 10 Werurwe 2018 mu Murenge wa Nyamiyaga.

Aganira n’intyoza.com, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma Nkurunziza Jean de Dieu yagize ati ” Twazindutse n’inzego zitandukanye tureba niba amabwiriza yatanzwe yo gufunga insengero zitujuje ibyangombwa yarubahirijwe dusanga abapasitori batatu( bavuzwe hejuru) bayarenzeho bafungura insengero zasabwe ko zifungwa kubwo kutuzuza ibyangombwa, bahise bafatwa.”

Nkurunziza yakomeje agira ati ” Bose bari bagiriwe inama zo kubanza bakuzuza ibisabwa kuko aho bakorera ni munzu zidapavomye, ni mubyumba by’amashuri, ni munsengero zaguye ibipande bimwe byagiye binavaho, n’ibindi. Bose bari bagiriwe inama yo kubihagarika ariko uyu munsi tuzenguruka twasanze bari mu nsengero, ntabwo rero bubahirije amabwiriza bahawe kandi ibyo bishyira abakirisito bayobora mu kaga ari nabo baturage bacu igihugu kigomba kwitaho.”

Amakuru agera ku intyoza.com kandi yemezwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma, ahamya ko umupasitori wasanganywe abayoboke benshi mu rusengero ari cumi n’umunani(18).

Gitifu Nkurunziza yagize ati ” Uwo twasanganye abayoboke benshi ni 18, undi wa kabiri tumusangana abakirisito 13 undi nawe dusanga afite 10. Hari aho twasangaga muri abo 10 hamaze kugera bane, bategereje abandi ngo basenge, hari n’aho twasanze batanu harimo n’abana bari munsi y’imyaka 5, abo bapasitori bose bari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Rukoma, nibo bagomba kubikurikirana.”

Umurenge wa Rukoma, muri iyi nkubiri yo gufunga insengero z’amadini n’amatorero zitujuje ibyangombwa wafunze zirindwi. Amadini n’amatorero abarizwa muri uyu murenge akabakaba 30 nk’uko ubuyobozi bw’umurenge bwabitangaje. Amakuru agera ku intyoza.com ahamya ko igikorwa cyo kugenzura insengero zarenze ku mabwirizwa yatanzwe yo gufunga izitujuje ibisabwa henshi kitakozwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga