• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Kamonyi-Kayenzi: Inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi y’umuriro irakongoka

Umwanditsi
March 14, 2018

Mu isantere y’ubucuruzi ya Kayenzi kuri uyu wa gatatu tariki 14 Werurwe 2018 inkongi y’umuriro yafashe inzu y’ubucurizi y’umukecuru w’imyaka isaga 80 y’amavuko irashya irakongoka.

Ahagana ku i saa cyenda z’igicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 14 Werurwe 2018, inzu y’ubucuruzi i Kayenzi yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya. Mu bintu byari muri iyi nzu harokowemo bike.

Inzu yafashwe n’inkongi, ni iy’uwitwa Mukankomeje Languida w’imyaka 82 y’amavuko. Siwe ubwe wayikoreragamo. Yakodeshwaga na Uwamahoro Gaudence w’imyaka 24 y’amavuko na Mukasekuru Claire w’imyaka 28 y’amavuko.

Mandera Innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayenzi yatangarije intyoza.com ko iyi nzu yahiye iherereye mu Kagari ka Mataba, Umudugudu wa Nyarubaya. Avuga kandi ko nyiri iyi nzu nta bwishingizi yari afite.

Ubucuruzi bwakorerwaga muri iyi nzu bwiganjemo ubw’ibiribwa. Imodoka y’ishami rya Polisi rishinzwe kuzimya inkongi z’umuriro niyo yaje gutanga ubutabazi iturutse i Kigali. Intandaro y’iyi nkongi ngo yatewe na installation mbi ( uko insinga n’ibikoresho by’umuriro byashyizwemo) ni’uko ngo byagaragajwe n’abakozi ba EUCL. Nta waguye muri iyi mpanuka y’inkongi y’umuriro nk’uko Gitifu Mandera yabivuze.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga