• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
09/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
09/06/25
Kamonyi-Rugalika: Umukozi wa RIB yahaye ikigwa imiryango ibana idasezeranye anabahishurira ibanga rikomeye ryo kurambana
09/06/25
Ubuyobozi n’Abanyeshuri ba ESB Kamonyi baremeye abatishoboye 12, barimo uwahawe amazi mu rugo
09/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
09/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
09/06/25
Kamonyi-Rugalika: Umukozi wa RIB yahaye ikigwa imiryango ibana idasezeranye anabahishurira ibanga rikomeye ryo kurambana
09/06/25
Ubuyobozi n’Abanyeshuri ba ESB Kamonyi baremeye abatishoboye 12, barimo uwahawe amazi mu rugo

Kamonyi : Ibiyobyabwenge ku isonga mu bihungabanya umutekano

Umwanditsi
February 4, 2016

Urugendo intumwa za rubanda zagiriye muri kamonyi zasanze ibyaha byinshi bishingiye ku biyobyabwenge.

Intumwa za rubanda zigize komisiyo y’inteko ishinzwe kubahiriza uburenganzira bwa muntu, ubumwe bw’abanyarwanda no kurwanya Jenoside urugendo rwazo mu karere ka kamonyi kuri uyu wa 3 Gashyantare 2016 rwibanze kuri sitasiyo ya polisi ya runda n’ikigo ngororamuco cya Kayenzi ( Transit center)

Polisi isobanurira Intumwa za rubanda ibirebana n'imikorere yayo
Polisi ikorera Kamonyi isobanurira Intumwa za rubanda ibirebana n’imikorere yayo

Kuri Sitasiyo ya Polisi Runda, batambagijwe ibice bitandukanye byaho polisi ikorera berekwa uburyo bakira abantu, uko bagerageza gukemura ibibazo by’abaturage, ibyaha bigaragara mu karere.

Uburenganzira bw’abafungwa, isuku, imibereho nuko amategeko yubahirizwa nibyo byagenzaga cyane izi ntumwa za rubanda aho zari ziherekejwe n’ubuyobozi bw’akarere.

Nkuko byagaragajwe n’ubuyobozi bwa Polisi mu karere , sitasiyo ya Runda ngo niyo nini mu karere ikaba ari nayo yakira abaturutse hirya no hino muyandi ma sitasiyo agera ku 8 baba abafashwe na polisi, ab’urukiko ndetse na Parike.

Ibiyobyabwenge by'urumogi rwafashwe
Ibiyobyabwenge by’urumogi rwafashwe

Ibyaha byiganje nkuko byagaragajwe, kwisonga haza ibiyobyabwenge cyane urumogi ari nabyo ntandaro y’umutekano muke no guteza ibindi byaha birimo ubujura , gukubita no gukomeretsa n’ibindi.

Depite Kayitare Innocent aganira n’intyoza yavuze ko urugendo rwabo bishimiye ibyo basanze ngo kuko uretse ko amazu polisi ikoreramo ashaje ngo kubijyanye no kwakira no gufunga abakurikiranwa basanze uburenganzira, Isuku , amategeko, imibereho byubahirizwa.

Agira ati “ abafungiye yo twabonye byubahirije amategeko , rwose twabishimye kuko bose twababajije”. yaba polisi baba ubushinjacyaka byaba n’urukiko twabonye ibisabwa byubahirizwa kandi bikorwa neza.

Ikigo ngororamuco cya kayenzi cyasuwe, abadepite bavuga ko mu bana18 bahasanze usanga abenshi barafashwe kubera urugomo baterwa no kunnywa ibiyobyabwenge, ubujura n’ibindi.

Intumwa za rubanda zivuga ko aba bana basanze babayeho neza , ngo baraganirizwa bagafashwa gusubira mu buzima busanzwe ngo ariko kandi n’ibibagenerwa ku mibereho hamwe n’isuku ngo basanze byose bimeze neza.

Intumwa za rubanda zisuzuma ibyangomwa by'abafunze
Intumwa za rubanda zisuzuma ibyangomwa by’abafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Runda

Intumwa za rubanda zasabwe gukora ubuvugizi hakajyaho amande menshi cyange ngo kuko ubu amategeko ahari aha benshi mu banyarugomo, abajura n’abandi kwidegembya no gukora ibyaha ngo kuko afungwa amezi atarenga atatu akarekurwa bityo bigatera impungenge mu kuba abaturage bashobora kubibona mo kudahana bakaba bakwihanira.

Intumwa za rubanda zari muri uru ruzinduko ni Depite Kayitare Innocent , Depite Mukakanyamugenge Jacqueline , Depite Bamporiki Eduard , Depite Mukayisenga Francoise hamwe na Maska Zainabo umukozi w’inteko akaba umunyamategeko.

Munyaneza Theogene

 

 

 

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5814 Posts

Politiki

4065 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

995 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga