• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Umugabo arahigwa bukware nyuma yo gukekwaho kwica umugore we amutemaguye

Umwanditsi
March 31, 2018

Mu gitondo cy’uyu wa gatandatu tariki 31 Werurwe 2018 mu Mudugudu wa Gasharu, Akagari ka Nyamirembe habonywe umurambo w’umugore wishwe atemaguwe. Ucyekwa kuba yishe uyu mugore ni uwo bashakanye. Ukekwa ngo si ubwambe yica.

Ku i saa moya n’iminota 20 z’igitondo cy’uyu wa gatandatu tariki 31 Werurwe 2018 nibwo hamenyekanye amakuru y’uko umubyeyi witwa Mukeshimana Clementine yishwe. Ukekwa wambere kugira uruhare mu rupfu rw’uyu mubyeyi ni umugabo we witwa Manishimwe Daniel.

Urupfu rw’uyu mubyeyi rwemezwa na Nsengiyumva Celestin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama. Atangaza ko umurambo we wabonywe n’umugenzi wihitiraga ku nzira. Uyu mubyeyi ngo yatemaguwe bikomeye hakoreshejwe umupanga. Umurambo wajyanywe kubitaro bya Remera-Rukoma mu gihe ukekwa yabuze.

Gitifu Nsengiyumva mu kiganiro n’intyoza.com yagize ati ” Nibyo, uyu mubyeyi yishwe atemaguwe hakoreshejwe umupanga. Mu gukurikirana hahise hakekwa umugabowe witwa Manishimwe Daniel ubu urimo ashakishwa kuko yabuze.” Akomeza avuga kandi ko uyu mugabo ukekwa kwica umugore we atari ubwambere yica ngo kuko yari yarafungiwe icyaha cya Jenoside.

Agira kandi ati” Twagiyeyo turi kumwe na Polisi, duhereye munzu kuburiri baryamaho twasanze hari amaraso, mucyumba cyo haruguru no mu muryango winjira ndetse n’uwo basohokeramo twasanze hari amaraso. Umurambo wabonywe n’umugenzi munsi y’inzira worosheho igitenge.”

Hari amakuru avugwa kandi ko uyu mugore yari yarigeze kuvuga ko umugabo yahigiye kuzamwica, icyo gihe ngo yashakaga no kumubisa ngo yigendere ariko aya makuru ngo ntabwo yigeze amenywa n’ubuyobozi nkuko Gitifu Nsengiyumva yabitangaje. Nyuma yo kugera ahabereye aya mahano, ubuyobozi bwagiranye inama n’abaturage bubakangurira kujya batanga amakuru ku gihe kandi vuba mu rwego rwo gukumira ibyaha.

Uyu mugabo n’umugore we ngo bari basanganywe amakimbirane ashingiye ku mutungo aho ngo umugore yamushinjaga kwangiza amafaranga yakorewe ahanini n’umugore. Umugabo ngo yayajyanaga akayanywera, akayapfusha ubusa kandi ntacyo yinjiza. Ku munsi w’ejo tariki ya 30 Werurwe 2018 ngo hari amafaranga uyu mugabo ashobora kuba yari yabikuje ndetse ngo akaba yari yanavunuye urwagwa akagurisha.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga