• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
19/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
19/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage
19/08/25
Kamonyi-Rugalika: Abasoje amasomo muri Gifts Rwanda bahawe igishoro kibafasha kwihangira umurimo

Kigali: Nyamulinda Pascal ntakiri Meya w’umujyi wa Kigali, yeguye

Umwanditsi
April 11, 2018

Guhera tariki 10 Mata 2018, Nyamulinda Pascal wari umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yatanze ibaruwa yegura ku mirimo ya Meya w’Umujyi. Yari amaze kuri ubu buyobozi umwaka urengaho hafi amezi abiri. Perezida wa njyanama avuga ko ategujwe.

Amakuru y’iyegura rya Meya Nyamulinda yamenyekanye kuri uyu wa gatatu tariki 11 Mata 2018 n’ubwo yatanze ubwegure bwe kuri uyu wa kabiri tariki 10 Mata 2018 nkuko Perezida wa Njyanama y’Umujyi wa Kigali, yabitangarije intyoza.com ku murongo wa terefone.

Yagize ati ” Yego nibyo yeguye. Ntabwo yeguye kuko yabisabwe ahubwo ni urwandiko yanditse ku giti cye ejo ( ku wa kabiri tariki 10 Mata 2018).”

Rutabingwa Athanase, Perezida wa Njyanama y’Umujyi wa Kigali yakomeje avuga ko mu gihe Nyamulinda atakiri mu mwanya w’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ngo araba asimbuwe by’agateganyo n’umuyobozi w’Umujyi wungirije ushinzwe ubukungu mu gihe hategerejwe kubona undi.

Nyamulinda Pascal, yatorewe kuyobora umujyi wa Kigali avuye mu kigo cy’igihugu gishinzwe indangamuntu-NIDA, ajya ku buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari tariki 17 Gashyantare 2017 aho yari asimbuye Mukaruriza Monique wahawe indi mirimo yo kujya guhagararira igihugu hanze( Ambassador).

Munyaneza Theogene / intyoza.cm 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5846 Posts

Politiki

4097 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1004 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga