• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Kamonyi: Umugabo arakekwaho gukubita umwana yibyariye bikamuviramo urupfu

Umwanditsi
April 18, 2018

Mu mudugudu wa Kabasanza, Akagari ka Gihara ho mu Murenge wa Runda kuri uyu wa gatatu tariki 17 Mata 2018 umugabo arakekwaho gukubita inkoni umwana we bikamuviramo urupfu. Intandaro ngo ni uko umwana yabajijwe na se niba nta mugabo waje gusambanya nyina.

Kuwa mbere tariki 16 Mata 2018 mu masaha y’ijoro nibwo umugabo utuye mu Mudugudu wa Kabasanza, Akagari ka Gihara ngo yatashye asahinda ashaka gukubita umugore we, abaza umwana we niba nta mugabo waje gusambanya nyina, uyu mwana ngo yaramuhunze aramukurikira amukubita inkoni byaje kumuheza ku rupfu.

Aganira n’intyoza.com, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gihara Umulisa Lea yagize ati” Amakuru abaturage baduhaye, avuga ko uyu mwana wari ufite imyaka 11 yakubiswe inkoni na se nyuma yo gutaha asahinda, ashaka kurwana n’umugore we. Ngo yabajije umwana niba nta mugabo waje gusambanya nyina, umwana ngo yaramuhunze anyura mu idirishya ise aramukurikira amukubita inkoni, kuva ubwo ngo ntabwo yongeye kuvuga, bigiriye inama ngo yo kumugurira utunini ariko biza kwanga birangira ajyanywe kwa muganga ariho yaje kugwa.”

Amakuru y’urupfu rw’uyu mwana yamenyekanye mu gitondo cy’uyu wa gatatu tariki ya 18 Mata 2018 aho yaguye mu bitaro bya Remera-Rukoma, yari arwajwe na se umubyara ari nawe uvugwaho kuba nyirabayazana w’uru rupfu. Uyu mugabo ngo yatawe muri yombi na Polisi, nkuko Gitifu Lea yabitangarije umunyamakuru.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga