• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Nyanza: Kwishyura gusa imitungo yangijwe muri Jenoside nti bihagije mu bumwe n’ubwiyunge

Umwanditsi
May 6, 2018

Ubumwe n’ubwiyunge ni Politiki ya Leta igamije kongera kunywanisha abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Ku bugeraho, ni inzira irimo no gusubiza uwahemukiwe agaciro, kumusaba imbabazi no kwishyura ibyangijwe. Mu Karere ka Nyanza, Kwishyura gusa imitungo yangijwe bidaherekejwe no gusaba imbabazi ngo nti bihagije mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge.

Emmanuel Nzimenya ku myaka 54 y’amavuko, atuye mu Murenge wa Muyira. Avuga ko Imana ntacyo itakoze ku bantu, ko kandi n’Igihugu ntako kitagize ngo gifashe abantu kubana mu bworoherane. Kuri we ikibazo abona gikomeye ngo si imitungo yishyurwa, igikenewe kandi gikomeye ngo ni umutima wicujije, ugasaba imbabazi uwo wahemukiye kwishyura bigakurikira.

Agira ati” Nziko ntako Imana na Leta bitakoze, niba udasaba imbabazi umuntu wagiriye nabi, urafite umutwaro mu mutima wawe, ese uzawutura gihe ki!? Wabyemera utabyemera uzabana n’umuvandimwe wawe, ntabwo uri Imana ngo waramuremye, ntabwo Leta ikubwira ngo wibana na kanaka, uzakomeze ukore ibyo wishakiye niba ubona uzabishobora, gusa birakwiye ko uwahemutse agira umutima wicuza, agatera intambwe akegera uwo yahemukiye akamusaba imbabazi.”

Mpambara Jerome, umuturage mu Kagari ka Nyundo, Umurenge wa Muyira agira ati” Hari n’abo twababariye kandi batabashije kudusaba imbabazi. Abarokotse Jenoside bafite ikibazo cy’uko abo bantu batabegera. Umuntu akwegereye n’umutima uciye bugufi imbabazi urazimuha, hari n’abazibonera mu murima bajyanye guhinga.”

Akomeza ati” Hari n’utangira ku kwishyura mwagera hagati kubera umutima umubonana ukamubabarira. Gusa na none abanangiye imitima bafite ubushobozi bwo kwishyura nti babikore, nti banasabe imbabazi mbona Leta yagashyizemo imbaraga, kuko gusaba imbabazi byo bamwe ubona batabikeneye.”

Sinigenga Venuste, atuye mu Kagari ka Butara, Umurenge wa Kigoma, agira ati” Abantu ni ngombwa kugira ngo bishyure imitungo bangije, birakwiye kandi ko imanza zirangizwa. Iyo abantu bamaze kwiyunga umuntu agasubiza ibyo yangije ibyo byombi biri kumwe byatugeza ku bumwe n’ubwiyunge, gusa na none imbabazi nizo ziza mbere kuko nizo musingi wa byose, iyo umuntu yakoshereje undi akamusaba imbabazi, burya umutima w’uwakosherejwe nawo uratuza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme abona Akarere ayoboye kamaze kugera ku ntambwe ishimishije mu bumwe n’ubwiyunge, n’ubwo ngo inzira igikomeje, avuga ko nk’ubuyobozi baticaye ubusa.

Agira ati” Ikigaragara ni uko twashyize imbaraga nyinshi mu kugira ngo twegere abaturage, tubagaragarize byinshi mu byakozwe kandi bigaragaza ko ubumwe n’ubwiyunge hari aho bugeze. Turagenda dufatanya n’abaturage ngo abakoze ibyaha bakaba hari ibyo babazwa n’ubutabera babihanirwe bityo uwahemukiwe abone ubutabera.”

Akarere ka Nyanza gafite imanza za gacaca zisaga ibihumbi 7 zitararangizwa, inzitizi mu bumwe n’ubwiyunge. Muri izi manza, Umurenge wa Muyira wonyine ufite kimwe cya kabiri cyazo. Ubuyobozi buvuga ko bufite ingamba bwafashe zo kwegera abaturage mu nzira zishoboka zatuma irangizwa ry’izi manza ryihuta bityo uwahemukiwe agahabwa ubutabera ariko kandi n’ugomba kugira ibyo yishyura akabyishyura bikava mu nzira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga